skol

Reba ibiribwa umugore yakoresha agaca ukubiri no kwishima mu myanya ye y’ibanga

Yanditswe: Monday 07, Aug 2023

featured-image

Nta kintu kibangamira igitsina gore nko kwishima mu myanya yabo y’ibanga kuko usanga babuze aho bifata nk’iyo bari mu bantu kandi barimo kuribwa.

Kugira uburibwe buteza kwishima mu gitsina ni ibintu bikunze kubaho ku bantu b’igitsina gore ariko ntabwo buri gihe biba bisobanuye ko uburwayi bwageze ku rwego rukaze.

Kwishima mu gitsina ku bagore bishobora guterwa na za mikorobe zifata iyo myanya y’ibanga, isabune bakoresha mu koga cyangwa amavuta bisiga umubiri ukaba wayanze n’ibindi.

Hari ibiribwa umuntu ashobora gukoresha agaca ukubiri no kwishima nta bundi buvuzi ahawe nk’uko ikinyamakuru The Standard Media cyabyanditse.

Gukunda kunywa yoghurt cyane
Iyo ukunda kugira uburyaryate mu gitsina ukumva wakwishima, ugirwa inama yo kunywwa yoghurt. Uburyo ikozwemo bufasha kwica udukoko na za mikorobe zikunze kwibasira icyo gice kandi noneho igatuma hakura za ‘bacterie’ nziza zituma hahora ubwirinzi.

Gukoresha tungurusumu cyane

Ni byiza ko umuntu ufite ikibazo cyo kwishima mu myanya y’ibanga arya tungurusuma eshatu byibura ku munsi. Iyo nta yindi mpamvu ni uko tungurusumu ubwayo yifitemo ubushobozi bwo kwica udukoko twangiza umubiri.

Gukunda koga amazi arimo umunyu

Abahanga bagaragaza ko igihe wumva ufite uburyaryate mu gitsina, ugomba koga amazi arimo umunyu mu bice byawe by’ibanga. Amazi arimo umunyu aburizamo gukura kwa za mikorobe zangiza ibice by’ibanga by’umugore. Bituma uburyaryate bushira, umuntu ntakomeze no kwishima.

Amavuta y’iminazi

Amavuta ya Coconut afite akamaro gakomeye karimo nko kurwanya za mikorobi ziteza ’infection’ mu myanya y’ibanga. Aya mavuta kuyakoresha bisaba kwitonda ukareba ayujuje ubuziranenge ubundi ukajya uyakoresha hari ikibazo.

Leave a Reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

Who are you?

Amategeko n'amabwiriza birkurikizwa