skol
fortebet

Dore ibintu 2 utagomba kwihanganira ubibwiwe n’umukunzi wawe

Yanditswe: Friday 30, Jul 2021

featured-image

Sponsored Ad

Umukobwa wese yifuza gukundana n’umusore mwiza kandi wuzuye kugira ngo amarane ubuzima bwe nawe, yifuza kuba mu bucuti bushimishije, umubano ubaha amahoro yo mu mutima. Nta muntu rero wifuza kugirana umubano n’umuntu atazi neza kandi yumva ko igihe runaka byagenda nabi.

Sponsored Ad

Bavuga ko umunwa uvuga ubwinshi bw’umutima, niba rero uri kumwe n’umuntu utagukunda by’ukuri, uzabimenyera mu magambo ye. Ku bakobwa bafite abasore bakundana nabo dore ibintu 2 utagomba kwihanganira nabikubwira:

1. Ndakuyoboye

Nubwo ibi bikunze kubaho, abahungu babwira abakunzi babo cyane cyane mu gihe cyo bari mu ntonganya, ariko ni gute wabwira umukobwa mukundana ko umuyoboye? Kuba uyoboye ntabwo bivuze ko udakunda, ariko ujya gusa naho ari muri urwo rukundo ku mpamvu yawe iyo ari yo yose, niba iyo mpamvu ibuze cyangwa ishize, uzamureka.

Nk’umukobwa uzi ubwenge, iyo umuhungu akubwiye ko akuyoboye, ni ukuvuga ko yakwirukana igihe icyo ari cyo cyose, ikintu cyiza ushobora gukora ni uguhita utandukana nawe kuko byumvikana ko amaherezo azagushengura umutima. Ntukemere ko hagira umuntu ubana nawe, kuko ari we wenyine uyobora. Kuberako bisaba ibirenze ibyo.

2. Reka kungenzura

Umusore akimara kukubwira ngo uhagarike kumugenzura, ugomba kumenya ko ibendera ry’umutuku rimaze kuzamuka. Abahungu benshi babwira abo bakundana kureka kubiruka inyuma babikora kuko bashaka ko abakobwa bakundana babaha amahirwe yo kubaca inyuma. Niba umuhungu agukunda koko, ntazakubwira ibyo.

Ashobora kukubwira aya magambo gusa niba aguca inyuma cyangwa se ashaka gutangira kuguca inyuma. Mugihe kizaza, ushobora kwikiza abagabo babi nk’abo uhita utandukana nawe.

N’ubwo abantu bavuga amagambo ababaza cyane iyo barakaye, ihangane niba babivuze rimwe gusa kubera uburakari, kandi nawe ushobora kubibera gihamya ko yari yarakaye.Ariko niba akunze kubivuga kenshi, umenye ko umutima we utagishoboye kubana nawe!

Src:www.LoveTips.com

Leave a Reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

Who are you?

Amategeko n'amabwiriza birkurikizwa