Uganda: Minisitiri yisubije imbangukiragutabara yari yahaye abaturage nyuma yo gutsindwa amatora
Yanditswe: Wednesday 03, Feb 2021
Umuminisitiri muri Uganda yisubije imodoka itwara indembe yari yatanze nk’impano ku baturage bo mu mujyi wa Koboko mbere y’amatora yaje gutsindwa, nk’uko ikinyamakuru daily Monitor kivuga ko kibicyesha ‘mayor’ w’uyu mujyi.
Minisitiri w’ishoramari Evelyn Anite yari yatanze iyo mbangukiragutabara mu kwezi kwa cyenda umwaka ushize, anashyira kuri Twitter amashusho ari kuyiha abategeka uwo muujyi.
Iyi modoka yari iriho ifoto ye, Madamu Anite yari yatangaje ko ari iyo “gufasha cyane cyane abagore, abana n’abakuze kugera kwa muganga”.
Evelyne Anite yatsinzwe na mugenzi we nawe wo mu ishyaka riri ku butegetsi NRM, mu matora yo guhagararira rubanda yo ku nzego z’ibanze.
Wilson Sanya ukuriye umujyi wa Koboko yasubiwemo avuga ko iyo mbangukiragutabara yasubijwe uwo mutegetsi.
Yabwiye Daily Monitor ati: “Ndemeza ko iyo modoka yasubijwe Anite. Bwa nyuma mvugana n’umushoferi wayo, yanyemereye ko bayisubije ku mategeko y’uwo minisitiri”.
Evelyn Anite ntacyo aratangaza ku kwisubiza impano yari yahaye abaturage ba Koboko.
Leave a Reply
Your email address will not be published. Required fields are marked *