Umugabo yatunguranye ku munsi w’ubukwe bwe yambara imyenda itiyubashye [AMAFOTO]
Yanditswe: Monday 08, Mar 2021
Umunya Nigeria witwa Conan-Moses Orseer Anyamikegh yatumye benshi bacika ururondogoro kubera ukuntu ku munsi w’ubukwe bwe yiyambariye imyenda isanzwe,ntiyafata uyu munsi nk’udasanzwe.
Bisanzwe bizwi ko ku munsi w’ubukwe umuntu yambara ikoti[costume] ryiza cyane ndetse hari n’abarenga bakajya mu maduka yambika ariko uyu mugabo we yiyambariye imyenda isanzwe.
Uyu mugabo ukomoka ahitwa Benue muri Nigeria yagiye muri uyu muhango yiyambariye ipantaro ya Jeans[ikoboyi] ndetse n’ishati izwi muir iki gihugu nka dashiki.
Inshuti ze nizo zashyize hanze aya mafoto mu rwego rwo kumushimira intambwe yateye gusa zivuga ko ariwe muntu wa mbere ukoze ubukwe yambaye imyenda isanzwe.
Benshi mu banyafurika batangiye kuva mu mihango yo kwambara amakositimu n’amakanzu y’imyeru mu bukwe aho mu bihugu by’Uburengerazuba bwa Afurika bamwe basigaye biyambarira gakondo.
Uyu mugabo yagiye kubihuhura yiyambarira n’amadarubindi y’umukara akunze kwambarwa n’ibyamamare bishaka kwemeza abafana.
Icyakora umugore we yari yiteguye neza ndetse yambaye agatimba nk’ibisanzwe nk’umuntu washyingiwe.
Umwe mu nshuti ze yanditse ati “Uyu abaye umuntu wa mbere ukoze ubukwe yambaye jeans na Fulani danchiki.Ni inshuti yanjye.Wakoze kwirengagiza imyambarire yazanywe n’Abongereza wihitiramo ibyawe.Wakoze cyane
Benshi mu batanze ibitekerezo kuri ubu bukwe bashimiye uyu musore wambaye mu buryo bwe bwihariye aho kwigana abandi ndetse bavuga ko ubukwe bwari bwiza.
Leave a Reply
Your email address will not be published. Required fields are marked *