skol

Umukobwa yaciye ibintu kubera kujya mu mihango akava amaraso mu mazuru no mu maso

Yanditswe: Wednesday 24, Mar 2021

Benshi mu bagore bakunze kugira ububabare n’ibihe bikomeye iyo bagiye mu mihango ariko umugore umwe w’imyaka 25 yateye benshi ubwoba kubera kuyijyamo akava amaraso mu mazuru no mu maso.

Abaganga b’inzobere bavuze ko ikibazo cy’uyu mukobwa giterwa n’uburwayi budakunze kubaho bwitwa haemolacria butera kuva amaraso mu maso no mu mazuru.

Ubu burwayi buterwa n’impamvu zitandukanye nko guhungabana,kwivumbagatanya ku mubiri n’ibindi bitandukanye.

Iyo ibi byabaye ngo umuntu ashobora kurira amaraso cyangwa akarira amarira avanze n’amaraso.

Uyu mugore siwe wenyine wavuzweho kurira amaraso kuko hari n’undi mugabo w’imyaka 52 mu Butaliyani nawe ngo wagaragaye ari kurira amaraso benshi barumirwa.

Ikigo cyitwa British Medical Journal (BMJ) cyavuze ko uyu mukobwa w’Umwongereza yanavuye amaraso mu mazuru ubwo yari muri iyi mihango.

Uyu mukobwa ngo yagiye kwa muganga inshuro 2 kwa muganga kubera iki kibazo kandi ngo hose yari mu mihango.

Abahanga bavuze ko ibi bintu bishobora kuba byaratewe n’ibintu 2 birimo iyi haemolacria cyangwa ibyitwa “ vicarious menstruation”.

vicarious menstruation ngo ishobora gutera kuva amaraso yaba mu matwi,amara mu mazuru mu ibere no ku ruhu.

Leave a Reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

Who are you?

Amategeko n'amabwiriza birkurikizwa