Yahisemo kureka Uburaya nyuma yo kugurwa na se bakamenyanira mu Cyumba
Yanditswe: Monday 08, Feb 2021
Umukobwa wiyise “Judith” w’ahitwa Matero mu mujyi wa Lusaka mu gihugu cya Zambia yatangarije ibinyamakuru ko amaze imyaka 5 ahisemo kureka uburaya yakoraga nyuma y’aho akubitaniye na se mu kabyiniro bikarangira bemeranyije gutera akabariro.
Judith yavuze ko umunsi umwe yagiye mu kabyiniro ahahurira n’umusaza wambaye ingofero ipfutse mu maso ariko ntiyita kumureba mu maso kuko yarimo kumurwanira n’abandi bakobwa bari baje gutegera muri ako kabyiniro.
Uyu mukobwa n’uyu musaza atari azi ko ari se bacetse umuziki karahava gusa ntawe uramenyana n’undi kugeza ubwo bahise bemeranya kujya kurarana muri Lodge.
Uyu musaza ngo bari wihishe kugira ngo hatagira umubona,yakuyemo iyi ngofero arangije ahita ategereza ko uyu mukobwa yari yaguze amwegera rukambikana.
Uyu mukobwa yakuyemo imyenda atarebana n’uyu musaza ariko agiye guhindukira abona ni se niko gufata imyenda ye asohoka yirukanka ari nako agerageza kwambara imyenda.
Uyu mukobwa yavuze ko amaze imyaka 5 avuye muri uyu mwuga mubi ariko ngo yabitewe n’aya mahano yari agiye gukorana na se umubyara.
Uyu mukobwa yavuze ko ari umugore wamaze guhinduka ariko ngo yaba we cyangwa se nta muntu n’umwe urabasha guhishura ibi bintu byababayeho bombi iryo joro.
Leave a Reply
Your email address will not be published. Required fields are marked *