skol
fortebet

Nyanza: Umugabo yasanzwe mu mugozi yapfuye

Yanditswe: Monday 20, Feb 2023

featured-image

Sponsored Ad

Mu gitondo cyo kuri uyu wa mbere taliki ya 20 Gashyantare 2023 umushumba yasanzwe mu kiziriko yapfuye.

Sponsored Ad

Nyakwigendera yarasanzwe aba mu mudugudu wa Nkinda mu kagari ka Mpanga mu murenge wa Mukingo mu karere ka Nyanza ari naho yarasanzwe akora akazi k’ubupagasi karimo nako guhinga akanaba umushumba w’inka n’ihene.

Abakoresha be nibo batabaje inzego z’ubuyobozi bazibwira ko Hitabatuma Silas w’imyaka 43 y’amavuko bamusanze mu kiziriko cy’ihene yapfuye bikaba bikekwa ko yiyahuye.

Nyakwigendera yarafite abana babiri akaba yakomokaga mu karere ka Karongi mu Burengerazuba bw’u Rwanda.

Nyiramajyambere Angelique umunyamabanga Nshingwabikorwa w’akagari ka Mpanga yabwiye UMUSEKE dukesha iyi nkuru ko kugeza ubu bataramenya icyamuteye kwiyahura.

Ati“Ntitwamenya icyabimuteye kuko n’inzoga ntiyarakizinywa.”

Umurambo wa nyakwigendera wajyanwe ku bitaro bya Nyanza ngo ukorerwe isuzuma. Ubuyobozi busaba abaturage kwirinda icyaricyo cyose cyatuma biyambura ubuzima.

Ivomo: Umuseke

Leave a Reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

Who are you?

Amategeko n'amabwiriza birkurikizwa