Minisitiri w’ Intebe mushya wa Eswatini yagize umukobwa w’ umwami Mswati III Minisitiri w’ Itumanaho.
Minisitiri w’ Intebe Ambrose Dlamini amaze ibyumweru mu mpera z’ icyumweru gishize. Kuri uyu wa Gatanu tariki 2 Ugushyingo 2018 nibwo Dlamini yashyizeho guverinoma nshya igizwe n’ abaminisitiri 19 barimo na Sikhanyiso Dlamini w’ imyaka 31.
Sikhanyiso Ni Minisitiri mushya wa Eswatini ushinzwe ikoranabuhanga, amakuru, n’ itumanaho. Uyu mukobwa si mushya muri politiki kuko yari umujyanama wase Umwani Mswati III mu bijyanye na politiki n’ ubukungu. Yize muri Leta zunze Ubumwe za Amerika ibijyanye n’ itumanaho n’ ikoranabuhanga.
Igikomangomakazi Dlamini Sikhanyiso yanakoze muri Sosiete y’ itumanaho ya MTN se afite imigabane ingana ni 10% nk’ uko byatangajwe na Afrikmag
Muri igihugu ububasha bwinshi bufitwe n’ umwami nubwo gifite Minisitiri w’ Intebe. Muri Mata uyu mwaka nibwo Mswati III yahinduye izina ry’ igihugu akita Eswatini bivuga ubutaka bw’ abasuwasisi.
Nsanzimana Ernest ni Umwanditsi mukuru w’Ikinyamakuru Umuryango. Yatangiye gukorera iki kinyamakuru muri Nzeli 2016, afite Impamyabumenyi y’Icyiciro cya Kabiri cya Kaminuza (A0) mu Itangazamakuru n’Itumanaho yakuye muri Kaminuza y’u Rwanda Ishuri ry’ itangazamakuru n’ itumanaho