skol
fortebet

US: Joe Biden yavuze ko adahabwa amakuru y’umutekano nkuko abyemerewe

Yanditswe: Tuesday 29, Dec 2020

Sponsored Ad

Perezida watowe Joe Biden muri Amerika yatangaje ko inzego zikomeye mu by’umutekano "zangiritse cyane" mu butegetsi bwa Trump.

Sponsored Ad

Biden avuga ko ikipe ye idahabwa amakuru icyeneye, harimo n’ava muri minisiteri y’ingabo, muri iki gihe iri guhabwa ubutegetsi.

Yavuze ibi nyuma yo kuganira n’abashinzwe umutekano n’abashinzwe ububanyi n’amahanga.

Joe Biden azashyikirizwa ubutegetsi tariki 20 z’ukwezi kwa mbere gusa Perezida Donald Trump ntaremera ko yatsinzwe amatora yo mu kwezi gushize.

Nyuma y’uko atangajwe nk’uwatsinze amatora, Biden ntiyahawe amakuru akenewe mu by’iperereza, igikorwa cy’ingenzi kandi gisanzwe mu guhererekanya ubutegetsi.

Nyuma y’ibyavuzwe na Joe Biden kuwa mbere, minisitiri w’ingabo w’agateganyo Christopher Miller we yavuze ko "bakorana ubunyamwuga bushoboka mu bikorwa byo guhererekanya ubutegetsi".

Yagize ati: "minisiteri y’ingabo yahaye inyandiko z’impapuro zirenga 5,000 - birenze ibyasabwe by’ibanze n’ikipe y’ihererekanya ya Biden".

Umuvugizi w’iyi minisiteri nawe yari yatangaje ko Pentagon yaranzwe "n’umucyo usesuye" mu gukorana n’ikipe ya Biden.

Biden we avuga ko ikipe ye yagiye ihura na za "bariyeri" muri minisiteri y’umutekano no mu biro bishinzwe ingengo y’imari.

Yagize ati: "Ubu, ntabwo rwose ubutegetsi buri gusohoka buduha amakuru yose dukeneye mu nzego z’umutekano w’igihugu"

Yongeyeho ko ikipe ye ikeneye "ishusho nyayo y’uko ingabo zacu ziri ku isi" kandi ko abacyeba ba Amerika bashobora kwifashisha urujijo rwaba rubirimo.

Yagize ati: "Inzego nyinshi z’ingenzi ku mutekano wacu zarangiritse bikomeye cyane.

"Nyinshi muri zo zambuwe abakozi, ubushobozi no gucibwa intege."

Nyuma gato y’amatora, Perezida Tump yirukanye Mark Esper wari minisitiri w’ingabo, urebye kuko uyu atashyigikiye igikorwa cyo kohereza ingabo kurwanya imyigaragambyo y’ivanguramoko.

Kuba Trump mu bihe bya nyuma yaragiye ashyira abantu b’inkoramutima ze muri iyi minisiteri byabonywe n’abamurwanya nko kurema akajagari mu byumweru bya nyuma by’ubutegetsi bwe.

BBC

Leave a Reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

Who are you?

Amategeko n'amabwiriza birkurikizwa