Minisitiri Nduhungirehe yamaganye ibigo byamamariza ku kirango cyo kwibuka
Yanditswe: Saturday 13, Apr 2019
Umunyamabanga wa Leta muri Minisiteri y’ububanyi n’amahanga,Amb.Nduhungirehe Olivier yamaganye bimwe mu bigo byamamariza ku birango byo Kwibuka ahita asaba urugaga rw’abikorera na komisiyo y’igihugu ishinzwe kurwanya Jenoside,CNLG, kubyamagana.
Abinyujije ku rukuta rwe rwa Twitter akoresha kenshi,Amb.Nduhungirehe Olivier yamaganye ibigo bitandukanye byamamariza kubirango byo kwibuka ko bikwiriye kubireka ubwo abanyarwanda bazaba bibuka ku nshuro ya 26 Jenoside yakorewe Abatutsi.
Yagize ati “Ibi ntabwo aribyo.Ndasaba CNLG na PSF kugira icyo bakora,bagakumira abamamaza muri ubu buryo,ntibizongere mu #Kwibuka26.”
Ibigo bitandukanye bimaze iminsi byamamariza ku kirango cyo kwibuka ibintu bitishimiwe na benshi barimo na Nduhungirehe wasabye koi bi bintu byahinduka.
Leave a Reply
Your email address will not be published. Required fields are marked *