Mu Rwanda
Uwamariya wakoraga muri UR yatorewe kuyobora akarere ka Huye by’ agateganyo
Yanditswe: Monday 04, Jun 2018
Kuri uyu wa Kane Kamena 2018, Inama Njyanama y’Akarere ka Huye yatoye Uwamariya Veneranda kuba Umuyobozi w’ akarere ka Huye nyuma y’ uko mu cyumweru gishize yeguje komite nyobozi y’ akarere.
Uwamariya Veneranda yari umukozi muri Kaminuza y’u Rwanda ishami ry’ ubuhinzi n’ ubworozi CAVM akorera mu karere ka Huye.
Tariki 31 Gicurasi ni bwo inama njyanama y’ akarere ka Huye yatereye icyizere uwari Umuyobozi w’aka karere, Muzuka Eugène; Mutwarasibo Cyprien n’ uwari Umuyobozi w’Akarere Wungirije ushinzwe ubukungu na Niwemugeni Christine wari ushinzwe imibereho myiza y’abaturage bakuwe kuri iyo myanya.
Leave a Reply
Your email address will not be published. Required fields are marked *