skol
fortebet

IFOTO Y’UMUNSI:Rusesabagina ari mu bagororwa bahawe urukingo rwa Covid-19

Yanditswe: Tuesday 09, Mar 2021

Sponsored Ad

Kuri uyu wa Kabiri tariki ya 09 Werurwe 2021 nibwo abarimo imfungwa n’abagororwa batandukanye bahawe urukingo rwa Covid-19 ndetse aba barimo na Rusesabagina ufungiwe mu Rwanda akurikiranweho ibyaha bifitanye isano n’iterabwoba.

Sponsored Ad

Rusesabagina Paul w’imyaka 66 afungiye muri gereza ya Mageragere bahawe urukingo rwa Covid-19 mu rwego rwo kwirinda ikwirakwira ry’iki cyorezo mu magereza.

Abakingiwe bose ni 2077 mu bagororwa n’imfungwa basaga ibihumbi 10 bacumbikiwe muri iyi gereza.

Bakingiwe hakurikijwe ingano y’imyaka umuntu afite aho bahereye ku bafite imyaka 60 kujyana hejuru ndetse n’abafite indwara zidakira nk’abafite ibyago byinshi byo kwandura no kuzahazwa n’icyorezo.

Ubushinjacyaha burega Paul Rusesabagina wari Perezida w’Impuzamashyaka MRCD ibyaha icyenda birimo:

Kurema umutwe w’ingabo utemewe cyangwa kuwujyamo

Gutera inkunga iterabwoba

Iterabwoba ku nyungu za politiki

Gukora no kugira uruhare mu bikorwa by’iterabwoba

Kuba mu mutwe w’iterabwoba

Kugambana no gushishikariza abandi gukora iterabwoba

Ubufatanyacyaha ku cyaha cy’ubwicanyi buturutse ku bushake

Ubufatanyacyaha ku cyaha cyo kwiba hakoreshejwe intwaro

Ubufatanyacyaha ku cyaha cyo gutwikira undi ku bushake inyubako

Kuwa Gatanu w’icyumweru gishize nibwo hakomeje urubanza rwa Paul Rusesabagina n’abo bareganwa bakabakaba 20 aho Pasiteri Niyomungere Constantin wagize uruhare runini mu ifatwa rya Rusesabagina akaba ari na we “wamugejeje i Kigali” yatanze amakuru.

Bishop Niyomwungere watanzwe nk’umutangabuhamya w’Ubushinjacyaha yasobanuye amayeri yakoresheje kugira ngo afatishe Rusesabagina kubera "agahinda yatewe n’abana bagizwe imfubyi n’ibitero byateguwe nawe"mu majyepfo y’u Rwanda.

Rusesabagina Paul yavuze ko uwo Bishop, Musenyeri, n’andi mazina yakoresheje yamwiyamye ndetse yamureze adashaka kumwumva nk’umutangabuhamya.

Ati “Ndamwiyamye. Uwo muntu witwa umutangabuhamya ni we wanshimuse. Naramureze, mu rukiko rwa Arusha, simbona umuntu twaba tuburana ngo abe n’umutangabuhamya.’’

Rusesabagina yavuze ko Bishop Niyomwungere hari urubanza yamurezemo i Bruxelles mu Bubiligi no mu Rukiko rw’Uburenganzira bwa Muntu muri Arusha murega ubushimusi, ku buryo adakwiye kwinjira mu rutamureba.

Leave a Reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

Who are you?

Amategeko n'amabwiriza birkurikizwa