skol
fortebet

Kamonyi: Ikamyo yagonze imodoka itwara abagenzi Imana ikinga ukuboko

Yanditswe: Wednesday 16, Aug 2023

featured-image

Sponsored Ad

Polisi y’u Rwanda ishami rishinzwe umutekano wo mu muhanda iravuga ko kuri uyu wa Gatatu mu Karere ka Kamonyi mu murenge wa Gacurabwenge habereye impanuka yo mu muhanda ikanganye ariko ntihagira umuntu uhasiga ubuzima.

Sponsored Ad

Iyi modoka itwara abagenzi mu buryo bwa rusange (Coaster) yavaga i Kigali ijya i Karongi.

Amakuru avuga ko iyi mpanuka yaturutse ku ikamyo yari itwawe n’umushoferi witwa Byiringo Andre wavaga Muhanga yerekeza Kigali ageze Kamonyi ata umukono we agonga iyi modoka ya ‘Coaster’.

Radio Isangano ivuga ko iyi mpanuka yakomerekeyemo abantu batanu ku buryo bukomeye abandi 13 bakomereka ku buryo bworoheje.

Polisi ivuga ko iyi kamyo itwara amavuta yavaga i Muhanga ijya i Kigali yagonze imodoka itwara abagenzi yavaga i Kigali yerekeza mu karere ka Karongi.

Igishimishije nuko nta witabye Imana,nkuko polisi yabitangaje.

Ibitekerezo

  • ndumva bikaze

    imana ishimwe kuba ntawahaburiye ubuzima

    Amakamyo Muyace mumuhanda

Leave a Reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

Who are you?

Amategeko n'amabwiriza birkurikizwa