skol
fortebet

L’ONU yitandukanije n’umugambi wa UK wo kohereza impunzi mu Rwanda

Yanditswe: Friday 06, May 2022

featured-image

Sponsored Ad

Umunyamabanga mukuru wa ONU António Guterres ntashyigikiye umugambi w’Ubwongereza wo kohereza abimukira mu Rwanda, umugambi na Danmark iri gutekereza gukora.

Sponsored Ad

Umunyamabanga mukuru wa ONU António Guterres ntashyigikiye umugambi w’Ubwongereza wo kohereza abimukira mu Rwanda, umugambi na Danmark iri gutekereza gukora.

Mu kiganiro cyihariye na BBC , Guterres wasozaga uruzinduko yagiriraga mu bihugu bya Senegal, Niger na Nigeria yayibwiye ko amasezerano y’Ubwongereza n’u Rwanda ku bimukira anyuranyije n’amategeko mpuzamahanga.

Yagize Ati: "Ntekereza ko Uburayi bufite inshingano ku bimukira…kandi biri mu bigize ingingo ya gatanu y’amasezerano ya ONU, bikaba no mu mategeko mpuzamahanga."

Ubwumvikane bwa leta ya Kigali n’iya Londres bwanenzwe n’abantu batandukanye ku giti cyabo, n’imiryango iharanira uburenganzira bw’impunzi n’abimukira.

Kuri ayo masezerano u Rwanda ruzahabwamo miliyoni z’ama-Pound yo gufasha gutuza abo bimukira, Perezida Kagame aheruka gusobanura ko u Rwanda rutari mu bucuruzi bw’abantu ahubwo ari "igikorwa kigamije gufasha".

Leave a Reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

Who are you?

Amategeko n'amabwiriza birkurikizwa