Abakobwa Bakunda Amaso Yange! ikiganiro na Kamanzi Didier wamamaye nka Max Muri firimi
Yanditswe: Wednesday 04, Sep 2019
Kamanzi ni umwe mubakinnyi ba filimi bakomeye kandi bakunzwe n’abatari bake ariko biganjemo abo igitsina gore. Ni umusore wamamaye mu ma firimi atandukanye nka Rwasa yakunzwe nabatari bake, Catheline, Igitekerezo n’izindi nyinshi zitandukanye.
Mu kiganiro twagiranye yaduhishuriye inzira ye muri cinema ndetse n’urugendo rwose kuva yatangira gukina filimi kugeza na nubu,anahishura uko abantu benshi bamubwira ko azi gukina ariko kub’Igitsina gore bikaba akarusho.
Nyuma yo kubona ibyo bitekerezo byose ibyinshi ari iby’abakobwa yaje kugira amatsiko ababaza niba koko bamukundira gukina gusa nta kindi kibyihishe inyuma.
Ati"ibyo bitekerezo (comments) njya mbibona, ariko nanjye buriya nkunda gutebya, nja ngenda nkababaza nti ariko buriya ntakindi munkundira? abenshi ariko bahuria ku maso yange, ngo bakunda amaso yange"
Uretse gukina filimi kandi Kamanzi ni umukinnyi ukomeye w"ikipe y’Igihugu y’umukino wa Rugby.
REBA IKIGANIRO KIDASANZWE TWAGIRANYE NA DIDIER KAMANZI WAMAMAYE NKA MAX.
Leave a Reply
Your email address will not be published. Required fields are marked *