Umuhanzi ukomeye muri Afurika by’umwihariko muri Tanzania wamenyekanye nka Diamond Platnumz bwa mbere yahamije ko ari mu rukundo n’umuhanzikazi Zuchu bahuriye mu nzu ya Wasaf.
Diamond ibi yabivuze nyuma yigihe kitari gito byaei bimaze igihe bivugwa ariko muri bo nta numwe urabyemeza.
Ni mu butumwa @diamondplatnumz yanyujije ahashyirwa ibitekerezo (Comments) ku mashusho yari yashyizwe hanze na WCB amugaragaza ari ku rubyiniro rwa Afro Nation 2022.
Ubu butumwa bwavugaga buti“ Uwo ni umugabo wa Zuuuh “ izina rihinnye @officialzuchu akunda kwiyita bwashimangiye umubano wihariye wavugagwa hagati yabo bombi.
Aba bombi bakunze kugaragara bari kumwe ndetse banahuriye mu ndirimbo’Mtasubiri’ yaje kuzamo n’ibibazo bagasabwa guhindura amwe mu mashusho yari ayigize.
Leave a Reply
Your email address will not be published. Required fields are marked *