skol
fortebet

Hamisa Mobetto yashimagije umukunzi we utuma umutima we udahungabana

Yanditswe: Tuesday 13, Dec 2022

featured-image

Sponsored Ad

Umuhanzi akaba n’umunyamideli ukomoka muri Tanzania, Hamisa Mobetto yashimagije umukunzi we avuga ko yita ku mutima we ntiyemere ko ahungabana.

Sponsored Ad

Uyu mubyeyi w’abana babiri harimo n’uwo yabyaranye na Diamond Platnumz, mu minsi ishize yari yagize isabukuru y’amavuko.

Yifashishije ifoto aryamye mu gitanda yubitse inda ariko hejuru yambaye ubusa aniyoroshe ku gice cyo hasi, Mobetto wari ufite ururabo mu ntoki yashimagije umukunzi we.

Ati “umugabo utambabaza ahubwo unsana. Urakoze kuba wita ku mutima wanjye Bebi.”

Ntabwo yigeze atangaza izina ry’uyu mukunzi we, abantu bakaba bakomeje kwibaza uwo ari we cyane ko no mu minsi ishize yatangaje ko ubu yiteguye kuba yashyingirwa.

Mu mashusho Hamisa Mobetto yashyize hanze mu Gushyingo 2022, yavuze ko yumva igihe kigeze akaba yashaka umugabo akajya amutekera.

Ati "ntabwo nasinze, ndatekereza ndi mu rukundo. Namaze kubona umugabo. Numva ko ari we mugabo nshaka kumarana na we igihe nsigaje ku Isi. Nyuma y’igihe kirekire namaze kubona umuntu tuvuga ururimi rumwe, buri kimwe kiroroshye kuri we. Buri kimwe ni cyiza. Ikintu cyiza cy’ukuri, nshaka gushyingiranwa na we, nshaka kumutekera."

Benshi bakomeje kugenda bakeka ko yaba agiye gukora ubukwe na Rick Ross cyane ko ari we mugabo baheruka kuvugwa ko baba bari mu rukundo.

Gusa uyu mubyeyi muri Kanama 2022 yatangaje ko impamvu ahisha umukunzi we ari ku mpamvu z’abana be, kuko buri uko abonye umukunzi mushya atajya amwereka Isi kuko byazatuma abana bakuze bazibaza uwo nyina yari we, ngo igihe nikigera azamwerekana.

Leave a Reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

Who are you?

Amategeko n'amabwiriza birkurikizwa