Ihere ijisho ikimero n’ubwiza umukobwa uri mu ndirimbo ya Platini P “Shumuleta”[AMAFOTO]
Yanditswe: Saturday 18, Sep 2021
Amashusho y’indirimbo nshya ya Platini P “Shumuleta” irimo umukobwa mwiza ukomoka muri Afurika y’Epfo ariko ukorera muri Nigeria, imaze kurebwa n’abarenga ibihumbi birenga mirongo itandatu kurubuga rwa YouTube, irebere ubwiza bw’uyu mukobwa.
Amashusho meza kugeza ubu niyo mbarutso ndetse n’urufunguzo rw’umuhanzi rumufungurira aho ageze hose iyo yayitayeho cyane ndetse akayaha n’umwanya cyane cyane iyo afite intumbero nziza z’aho yifuza kugera. Uburyo uteguramo kuva k’ugomba gufata ayo mashusho, aho ari buyafatire, abo ari bwifashishe ndetse n’ibyo ari bwifashishe, ni bimwe mu bigira amashusho y’umuhanzi meza cyane cyane iyo ashyizemo impinduka kuko abantu bo baba bakeneye kureba ibintu bishya.
bi byose bivuzwe haruguru ni byo byitaweho n’umuhanzi Platini P wakoze amashusho ari ku rwego mpuzamahanga urebeye mu ndirimbo Shumuleta imaze umunsi umwe isohotse, yaba inzu yafatiwemo ayo mashusho, abantu yifashishijemo n’ibyo yifashishijemo, byose byari byateguwe.
Muri iyi nkuru tugiye kwibanda ku mukobwa uvuka mu gihugu cya South Africa ariko ukorera akazi ke i Abuja mu gihugu cya Nigeria witwa Crystal wagaragaje ubuhanga muri iyi ndirimbo nshya ya Platini P. Uburyo uyu mukobwa yagaragaye muri iyi ndirimbo biragaragara ko ari ibintu amenyereye.
Mu kiganiro Umuhanzi yagiranye n’Inyarwnda Platini P yavuze ko uyu mukobwa ari umubyinnyi kabuhariwe ndetse w’umuhanga ukorera akazi ke Abuja ariko avuka mu gihugu cya Afurika y’Epfo. Yagize ati: "Yitwa Crystal, ni umunya South Afica akunda kugaragara mu mashusho y’abahanzi bakomeye ariko ni umubyinnyi ukomeye ukorera Abuja".
Ibitekerezo
umva abahanzi murasebya umuco nyarwaxda
Isi yararngiye. Ubwp azashaka yubaje urugo rukomere anubahen’umugabo. Iso ihemukirwa na ba nyirayo
Oya ni shitani igenda n’amaguru