skol
fortebet

Eden Hazard yavuze ibintu 3 yakwifuza gukura kuri Lionel Messi, Cristiano Ronaldo na Zinedine Zidane

Yanditswe: Saturday 09, Jan 2021

Sponsored Ad

Rutahizamu Edene Hazard ukinira ikipe ya Real Madrid wujuje imyaka 30 muri iki cyumweru,yavuze ko hari ibintu 3 gusa yakwifuza gukura ku bakinnyi b’ibyamamare babayeho barimo Lionel Messi, Cristiano Ronaldo na Zinedine Zidane.

Sponsored Ad

Hazard wubatse izina rikomeye mu ikipe ya Chelsea FC bikamuhesha amahirwe yo kugurwa na Real Madrid,yavuze ko hari ibintu 3 akundira Lionel Messi, Cristiano Ronaldo na Zinedine Zidane yanakwifuza kubakuraho.

Hazard yabwiye RTBF ati “Kuri Messi nakwifuza ikirenge cye cy’ibumoso.Kuri Cristiano Ronaldo,nkunda inyota ye yo gutsinda,inyota yo gutwara ibikombe ndetse n’ubushake bwo kwinjiza ibitego buri gihe.”

Ubwo yabazwaga ku buhanga bw’umutoza we Zidane akiri umukinnyi wa Madrid, Hazard yagize ati “Nakunze ubuhanga bwe bwo ku rwego rwo hejuru.Nubwo nanjye mfite ubuhanga,we afite bwinshi.”

Nubwo Hazard ari umwe mu bakinnyi bafite impano ikomeye mu mupira w’amaguru,n’umufana ukomeye wa Lionel Messi, Cristiano Ronaldo na Zinedine Zidane.

Hazard waguzwe miliyoni zirenga 100 z’amapawundi ava muri Chelsea yerekeza I Madrid,ntabwo arabasha gufatisha kubera ikibazo cy’imvune zamwokamye.

Uyu mukinnyi yasibye imikino 8 muri uyu mwaka w’imikino ariyo mpamvu akiri gushaka uko yatanga umusaruro.

Leave a Reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

Who are you?

Amategeko n'amabwiriza birkurikizwa