skol
fortebet

Jose Mourinho yahaye igisubizo gikomeye Mesut Ozil wavuze ko atakinira Tottenham

Yanditswe: Tuesday 12, Jan 2021

Sponsored Ad

Umutoza wa Tottenham witwa Jose Mourinho yasubije umukinnyi Mesut Ozil wa Arsenal ko aho gukinira ikipe ya Tottenham yahitamo gusezera ku mupira w’amaguru akuramo agatubutse muri iyi minsi.

Sponsored Ad

Mesut Ozil azarangiza amasezerano ye muri Kamena uyu mwaka,ariyo mpamvu abafana benshi bifuza kumenya aho azerekeza mu mwaka w’imikino utaha cyane ko hari kuvugwa amakipe menshi.

Mu kiganiro Ozil yagiranye n’abafana kuri uyu mbere,umwe yamubajije icyo yahitamo hagati yo gukinira Tottenham no gusezera ku mupira w’amaguru.

Uyu Mudage ukomoka muri Turkia yahise amusubiza ati “Ikibazo cyoroshye.Nahagarika umupira.”

Ubwo Mourinho yari mu kiganiro n’abanyamakuru avuga ku mukino Tottenham izakina na Fulham kuri uyu wa Gatatu,yabajijwe icyo yavuga kuri aya magambo ya Mesut Ozil.

Yagize ati “Ninde wamubwiye ko Tottenham yakwifuza kumusinyisha?.”

Spurs igiye guhangana na Fulham nyamara yagombaga guhura na Aston Villa ariko kubera ko iyi kipe ifite abakinnyi benshi banduye Coronavirus,abategura Premier League bahisemo kuyisimbuza Fulham.

Fulham yarakajwe cyane no kubwirwa ko igiye guhura na Tottenham ifite amasaha 48 gusa yo gutegura umukino gusa Mourinho we yavuze ko ari icyemezo cyiza.

Mourinho ati “Ikibazo gikomeye nuko imikino yasubikwa.Nicyo kibazo.Iki nicyo gisubizo,tugomba kwemera ibyiza.”

Leave a Reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

Who are you?

Amategeko n'amabwiriza birkurikizwa