skol
fortebet

Kapiteni w’Amavubi Bizimana Djihad agiye gukinira ikipe yo muri Israël

Yanditswe: Wednesday 05, Jul 2023

featured-image

Sponsored Ad

Umukinnyi w’umunyarwanda, Bizimana Djihad yamaze gusinyira ikipe ya Hapoel Ramat Gan Givatayim FC yo muri Israel.
Muri Gicurasi 2023 nibwo ikipe ya KMSK Deinze mu Bubiligi yatangaje ko atazakomezanya na Bizimana Djihad wari ugeze ku mpera z’amasezerano ye ariko kubera ibibazo yagiranye n’ubuyobozi akaba atarakinnye umwaka wa nyuma w’amasezerano ye, yawumaze yitoreza mu bato.
Uyu mukinnyi wari umaze iminsi mu Rwanda akaba yamaze kubona ikipe nshya ya Hapoel Ramat Gan Givatayim FC ikina mu (...)

Sponsored Ad

Umukinnyi w’umunyarwanda, Bizimana Djihad yamaze gusinyira ikipe ya Hapoel Ramat Gan Givatayim FC yo muri Israel.

Muri Gicurasi 2023 nibwo ikipe ya KMSK Deinze mu Bubiligi yatangaje ko atazakomezanya na Bizimana Djihad wari ugeze ku mpera z’amasezerano ye ariko kubera ibibazo yagiranye n’ubuyobozi akaba atarakinnye umwaka wa nyuma w’amasezerano ye, yawumaze yitoreza mu bato.

Uyu mukinnyi wari umaze iminsi mu Rwanda akaba yamaze kubona ikipe nshya ya Hapoel Ramat Gan Givatayim FC ikina mu cyiciro cya kabiri muri Israel.

Kuri uyu wa 5 Nyakanga 2023, Ambasaderi wa Israël mu Rwanda, Dr. Ron Adam, yatangaje ko yakiriye uyu mukinnyi ndetse azajya gukina mu gihugu cye.

Ati “Uyu munsi nakiriye Kapiteni w’Ikipe y’Igihugu ‘Amavubi’, Djihad Bizimana, uri kwitegura kwerekeza muri Israël mu Ikipe ya Hapoel Ramat Gan Givatayim FC. Ndakwifuriza amahirwe masa no kugubwa neza.”

Bizimana Djihad yavuye mu Rwanda muri 2018 yerekeje mu Bubiligi mu ikipe ya Waasland Beveren nyuma y’imyaka 3 baje gutandukana yerekeza muri KMSK Deinze ari nayo baheruka gutandukana.

Leave a Reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

Who are you?

Amategeko n'amabwiriza birkurikizwa