skol
fortebet

Messi yatangaje umukinnyi yifuza ko FC Barcelona yagura nyuma yo kubura Griezmann

Yanditswe: Saturday 16, Jun 2018

Sponsored Ad

Lionel Messi ukinira ikipe ya FC Barcelona n’igihugu cya Argentina yatangaje ko nyuma y’uko Umufaranssa Antoine Griezmann yanze kuza muri FC Barcelona,iyi kipe yakagombye gushyira ingufu mu gushaka kabuhariwe Mohamed Salah wa Liverpool kugira ngo azabafashe gutwara ibikombe.

Sponsored Ad

Nkuko bitangazwa n’ibinyamakuru byo muri Espagne,uyu kabuhariwe ugomba kuba kapiteni wa FC Barcelona nyuma y’igenda rya Andres Iniesta yabwiye abayobozi b’iyi kipe gushyira ingufu mu gushaka Mohamed Salah kubera ubuhanga yagaragaje mu mwaka w’imikino ushize.

Lionel messi yabwiye ubuyobozi bwa Barca kugura Salah wahize abandi mu Bwongereza umwaka ushize

Messi yahawe uburenganzira bwo kuvuga umukinnyi abona wafasha ikipe bakamugura,yabwiye ubuyobozi bwa FC Barcelona ko Salah w’imyaka 26 watsinze ibitego 44 mu marushanwa yose yakinnye mu mwaka w’imikino ushize ariwe ugomba kuza kumufasha we na Suarez.

FC Barcelona yakoze ibishoboka byose kugira ngo ibone umufaransa Antoine Griezmann ariko ntibyayihira kuko uyu musore yatangaje ko atazava muri Atletico Madrid,akaba ariyo mpamvu ibitekerezo bya Messi byerekeje kuri Salah.

Ibitekerezo

  • Yadusebe jepee

Leave a Reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

Who are you?

Amategeko n'amabwiriza birkurikizwa