Minnaert yabwiye abakinnyi ba Rayon Sports ikintu gikomeye cyabafasha gutsinda Police FC
Yanditswe: Friday 01, Jun 2018
Umutoza w’ikipe ya Rayon Sports yatangaje ko abakinnyi ba Rayon Sports bakwiriye kubakira ku mukino ukomeye baherutse gutsindamo AS Kigali igitego 1-0,bakazitwara neza ku mukino ukomeye w’ikirarane bagomba gucakirana na Police FC ku munsi w’ejo kuri stade ya Kigali I Nyamirambo.
Rayon Sports yongeye kuzuka nyuma y’amakosa akomeye yari imazemo iminsi,igomba gucakirana na Police FC ku munsi w’ejo,aho umutoza Ivan Minnaert yatangaje ko uyu mukino bazawukina bashaka amanota 3 byanze bikunze kugira ngo babashe kwisubiza igikombe cya shampiyona.
Mu makipe agora Rayon Sports Police ntibamo
Yagize ati “Gutsinda AS Kigali bigomba kudutera imbaraga,nta mpamvu yo gusubira inyuma.Iriya ni intsinzi ikomeye twabonye mu rugamba rwo gushaka igikombe dufite.Twiteguye neza umukino wa Police FC kandi nta mwanya wo kuruhuka.Tugomba guhozaho yaba mu buryo dukina imikino yacu,n’imyitozo yacu.Nta kosa tugomba gukora mu mikino 8 dusigaranye.”
Rayon Sports yatsinze Police FC igitego 1-0 mu mukino ubanza cya Irambona
Rayon Sports idafite imvune nyinshi, izaba yagaruye mu kibuga kabuhariwe wayo Shabani Hussein Tchabalala ukubutse I Burundi gushaka ibyangombwa bimwerekeza muri Afurika y’Epfo kuvugana n’andi makipe arimo Baroka FC.
Leave a Reply
Your email address will not be published. Required fields are marked *