skol
fortebet

The Ben yakoze igikorwa gitangaje nyuma yo gusaba umukunzi we Pamella akamuhabwa [AMAFOTO]

Yanditswe: Friday 15, Dec 2023

featured-image

Sponsored Ad

Umuhanzi The Ben yasabye anakwa umukunzi we Uwicyeza Pamella, mu birori binogeye ijisho byabereye kuri Jalia Garden kuri uyu wa 15 Ukuboza 2023.

Sponsored Ad

Ibirori by’ubukwe bwo gusaba no gukwa bwa The Ben na Pamella byabereye mu busitani bwa Mlimani Jalia buherereye i Rusororo mu Karere ka Gasabo.

Nyuma y’uko imiryango iteranye ikemeza ko The Ben ahawe Pamella Uwicyeza ngo amubere umugore,yaririmbye indirimbo nyinshi zihimbaza Imana ari nako asaba abari aho bose kumufasha gushima Imana.

Ibintu byamurenze ahita apfukama hasi ashima Imana ndetse Pamella wari umaze kumuhabwa nawe arapfukama,bafatanya guhimbaza rurema.

Ni ibirori byitabiriwe n’ibyamamare bitandukanye ariko bitarimo Meddy nk’uko byari byitezwe.

The Ben yageze muri salle yabereyemo ibirori byo gusaba no gukwa ahagana saa Cyenda z’igicamunsi.

Yambariwe n’umuhanzi ubifatanya n’itangazamakuru Andy Bumuntu, Igor Mabano, umushoramari utuye muri Amerika Jimmy akaba inshuti y’akadasohoka ya The Ben, Umuraperi K8 Kavuyo, Christopher, OG The General, Intore Frank n’abandi.

Mu bindi byamamare byagaragaye muri ubu bukwe harimo Umuhanzi wa Gospel Israel Mbonyi, Sherrie Silver,Anitha Pendo, Mwiseneza Josiane, David Bayingana, Muyoboke Alex, Noopja nyiri Country Records yakorewemo indirimbo The Ben yahimbiye Pamella, Uncle Austin, umukinnyi wa filime Yvan, Aristide Gahunzire wabaye manager wa Marina muri The Mane, Sadate Munyakazi wabaye Perezida wa Rayon Sports n’abandi.

Amakuru avuga ko Meddy wagombaga kwambarira The Ben yagize gahunda zitunguranye zatumye ahitamo kuzitabira umuhango wo gusezerana imbere y’Imana n’Itorero ndetse no n’Ibirori byo kwiyakira.

Uyu muhanzi uri mu bakunzwe cyane azaririmbira abageni uwo munsi utegerejwe kuwa 23 Ukuboza 2023 muri Kigali Convention Centre.

Reba amashusho The Ben apfukama agashima Imana







Leave a Reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

Who are you?

Amategeko n'amabwiriza birkurikizwa