BIRAVUGWA:Meddy ashobora kutajya gutaramira Abarundi nubwo yari yijejwe umutekano udasanzwe
Yanditswe: Wednesday 26, Dec 2018
Nyuma y’uko Bruce Melody asubikiye kujya gutaramira mu gihugu cy’u Burundi, Umuhanzi Ngabo Medard uzwi nka Meddy na we ashobora kutajya gukorera igitaramo muri iki gihugu bitewe n’umutekano we utizewe.
Itahiwacu Bruce uzwi nka Bruce Melody na Ngabo Medard bari mu bahanzi bafite igikundiro kinshi hano mu Rwanda no mu Burundi, bari batumiwe kugira ngo bajye gususurutsa Abarundi mu gihe cy’iyi minsi mikuru isoza umwaka.
Gusa bitewe n’ibibazo by’umutekano aba bahanzi batizeye mu Burundi butagicana uwaka n’u Rwanda, amakuru avuga ko bishobora kurangira nta n’umwe ugiyeyo nubwo byavugwaga ko Meddy yashyiriweho umutekano udasanzwe azacungirwa n’abapolisi.
Bruce Melody we yamaze gusubika urugendo, gusa amakuru avuga ko na Meddy ashobora gutera ikirenge mu cye.
Umutekano wa Meddy na Bruce Melody watangiye gukemangwaho nyuma y’uko hari Abarundi batambukije ubutumwa buvuga ko aba bahanzi nibagera iwabo bazagirirwa nabi. Ni ubutumwa bwagiye bugaragara kenshi ku mbuga nkoranyambaga. Kuri Bruce Melody we yanakiriye ku giti cye ubutumwa bumuha gasopo.
Izi mpamvu zatumye Bruce Melody wakabaye yarageze i Burundi ku cyumweru atangaza ko atakigiyeyo kubera umutekano atizeyeyo.
Ku ruhande rwa Meddy, ntibiremezwa niba na we yaba yisubiyeho akareka kujya gutaramira mu Burundi, gusa byitezwe ko na we ashobora kwisubiraho kuko ubutumwa bumutera ubwoba na we yabwakiriye.
Gahunda ya Meddy igaragaza ko yari kujya gutaramira i Bujumbura ku wa 29 z’uku kwezi, nyuma agahita agaruka mu Rwanda mu rwego rwo kwitegura igitaramo cya East African Promotion Party azaririmbamo ku Bunani.
Ibitekerezo
Nareke. Ugira imva yiwe iri i Burundi ?Kandi nimba ari ihiri ntaco azohindura🤗🤗🤗. Iyaba bari bazi igihe bazopfira bokimarishije amaguru none ntawurusimbuka rwamubonye mugani wanyu. Gusa Muzoze muvugisha ukuri Melody impamvu yatumye ataza irazwi. Hama uwukwimye ibiharage, abakurinze imisuzi, igumire iwanyu Meddy wosanga ari Imana dusenga Ishaka kuturinda vyinshiiii
Nareke. Ugira imva yiwe iri i Burundi ?Kandi nimba ari ihiri ntaco azohindura🤗🤗🤗. Iyaba bari bazi igihe bazopfira bokimarishije amaguru.ntawurusimbuka rwamubonye mugani wanyu. Gusa Muzoze muvugisha ukuri Melody impamvu yatumye ataza irazwi. Hama uwukwimye ibiharage, abakurinze imisuzi, igumire iwanyu Meddy wosanga ari Imana dusenga Ishaka kuturinda vyinshiiii
Umukuru w’igihugu yibereye mu ma ombi, ego agasabisho niko gatuma Uburundi umwaka uhera bugitekanye
Nawe Meddy nushire igisabisho mukibanza cambere, ivyo bizotuma aho uja hose Imana ikuzigamaaa
ewn nimbayumva ntamutekano uhr ntajyeyo kuko tumubuze twaba duhombye byinshi nkabanyarwanda
Ahaaa,ndumiwe!
oya nimba badashaka turafise ababishoboye kandi naho Melody ataje vyari biryoshe gusumba uko twari tuvyiteze Meddy nawe adashaka azoza hanyuma mu Burundi hari umutekano