IFOTO Y’UMUNSI:Perezida Tshisekedi yihishe inyuma y’urugi ubwo yashakaga gutungura umufasha we[AMAFOTO]
Yanditswe: Wednesday 10, Mar 2021
Abanyekongo batunguwe no kubona, Perezida wabo, atungura umugore we ku munsi w’isabukuru ye y’amavuko.
Perezida wa Repubulika iharanira Demokarasi ya Congo,Felix Antoine Tshisekedi, yakoreye ibirori bidasanzwe, umugore we, Tshisekedi Denise Nyakeru wizihizaga isabukuru y’amavuko y’imyaka 54.
Icyatunguye abantu, ni urukundo uyu mukuru w’igihugu yagaragarije umugore we.
Ubwo PerezidaTshisekedi yajyaga gutungura umugore we yabanje kwihisha inyuma y’urugi nuko umugore atungurwa n’indirimbo zimwifuriza isabukuru nziza ari nako umugabo we amuzanira indabo yari yamuteguriye.
Bahise bahoberana, barasomana, abari bitabiriye ibirori babaha amashyi bakata umutsima bararya.
Ibitekerezo
baba bibereye mubirori bihenze abaturage bashira kubera intambara n’inzara. barabuzwa n’iki se ko baba bafite akayabo