Igisenge cy’inzu cyagwiriye Namutebi ndetse na John Kazibwe bakomoka muri Uganda bahita bitaba Imana .
Lydia Namutebi w’imyaka 25 y’amavuko ndetse n’umutware we witwa John Kazibwe bitabye Imana bazize inzu yabaguye hejuru baryamye mu ijoro ryashize.
Umuyobozi w’umudugudu batuyemo muri Uganda yabwiye Police ya Uganda ko nawe yahamagawe iyarubika mu gitondo abwira ko Namutebi ndetse na John baguweho n’inzu gusa ubwo bahageraga bafatanyije n’abaturanyi gukiza ubuzima bwabo, gusa byabaye iby’ubusa kuko basanze bashizemo umwuka kera.
Umuyobozi ushinzwe umutekano yavuze ko inzu bari batuyemo nayo yari yarangiritse cyane ku buryo byari byoroshye ko imvura yayigusha ari nayo ntandaro yo kuba inzu yasenyutse kubera ikibazo cy’uko itarikomeye igisenge .
Leave a Reply
Your email address will not be published. Required fields are marked *