skol

Mama wa Diamond yanenze bikomeye abahoze ari abagore b’umuhungu we ubwo yabagereranyaga na Tanasha Donna[AMAFOTO]

Yanditswe: Wednesday 06, Feb 2019

Sponsored Ad

skol

Ni mu gihe urukundo rwa Diamond Platnumz na Tanasha Donnah rurimbanije hitegwa ubukwe bw’agatangaza buzaba nk’uko Diamond abitangaza n’ubwo bahora bimura amataliki, ubu Nyina wa Diamond Platnumz, Sanura Sandra yanenze abahoze ari abagore b’umuhungu we, Zari Hassan na Hamisa Mobetto ubwo yabagereranyaga na Tanasha Donna Oketch.

Donnah magingo aya hatagize igihinduka aaiteganya kuba umukazana wa Sanura Sandra . Uyu mubyeyi yatangaje ko hari itandukaniro hagati ya Tanasha n’abandi bigeze kubana na Diamond ku bijyanye n’ikinyabupfura.

Avuga ko uretse kuba Tanasha ahiga Zari na Mobetto ikinyabupfura, ngo afite umwihariko ku bijyanye no gukunda umuryango wa Diamond.

Atanga urugero ko Tanasha buri nshuro aje muri Tanzania abahuriza hamwe kugira ngo bishime nk’umuryango.Sanura mu kunenga Zari na Mobetto, yemeje ashimitse ko Tanasha adafite ahahise nk’ahabo kuko we akiri umukobwa.

Sandra ngo abona Tanasha afite imbere heza n’ubuzima burebure ngo mu gihe abandi bashaje kurenza umuhungu we , Diamond,bityo ngo arashima umuhungu we mu gutereta inkumi nziza kurenza abo yakundanye nabo.

Leave a Reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

Who are you?

Amategeko n'amabwiriza birkurikizwa