skol

Umugabo yishe umugore we bapfuye ibigori

Yanditswe: Wednesday 10, Feb 2021

Sponsored Ad

skol

Kaptimom, mu mujyi wa Elburgon, wo mu Ntara ya Nakuru mu gihugu cya Kenya, kuri uyu wa Kabiri, itariki 09 Gashyantare, umugabo yarashe umwambi umugore we aramwica bapfuye imifuka y’ibigori.

Nk’uko byatangajwe n’Urwego rushinzwe ubugenzacyaha, DCI, uyu mugabo witwa Wilson Koech, yashakaga kugurisha ibi bigori ariko umugore we n’umuhungu we batabishaka.

Uyu yafashe umuhoro yirukankana umuhungu we witwa Collins Kipchumba, ariko abasha kumucika atamukomerekeje.

Abonye umuhungu we amusize, yasubiye mu rugo ku mugore we w’imyaka 43 amurasa umwambi akoresheje umuheto ahita amwica nk’uko iyi nkuru dukesha ikinyamakuru The Standard cyo muri Kenya ikomeza ivuga.

Umugabo yaje gutabwa muri yombi na polisi, aho biteganyijwe ko agomba kugezwa mu rukiko vuba.

Ibi byaje mu gihe undi mugabo witwa Stephen Ngila Nthenge, waciye ibiganza umugore we mu 2016, yakatiwe imyaka 30 y’igifungo n’urukiko rwa Machakos.

Uyu mugore we, Jacqueline Mwende Munyoki, yashimye icyemezo cy’urukiko avuga ko ubutabera bwakoze akazi kabwo amaherezo.

Ati: “Ngila yaketse ko yanyishe. Ndashima Ishoborabyose kuba uyu munsi nkiri muzima,”

Leave a Reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

Who are you?

Amategeko n'amabwiriza birkurikizwa