Uwase Cadette wariwe na Olivier Sano akayabo k’amafaranga miliyoni 40 akamubenga arembeye mu bitaro [AMAFOTO]
Yanditswe: Friday 09, Aug 2019
Meddy yararirimbye ati “Urambabaza nkabura uko mbivuga…ukantenguha nkabaho nicuza,” Aya magambo ashobora kuvugwa na Cadette cyangwa se twavuga ko ari uwahoze ari umukunzi w’umuhanzi Sano Olivier biteguraga gukora ubukwe kidobya igahita izamo.
Imyaka itatu yari ishize umuhanzi mu ndirimbo zo kuramya no guhimbaza Imana Sano Olivier yunze ubumwe n’umukobwa ubarizwa muri Leta Zunze Ubumwe za Amerika, Uwera Carine [Cadette] wakunze gufatira ibiruhuko bye mu Rwanda ariko bakaba baribarahuriye kuri murandasi bifashishije imbuga nkoranyambaga.
Uburyohe bw’urukundo rw’aba bombi barwerekanye igihe kinini ku mbuga nkoranyambaga no mu mitoma bagiye baherekeresha amafoto yahishuraga ibihe by’umunezero. Urukundo rwabo rwashyigikiwe n’imiryango yombi, basinyira imbere ya Gitifu ko bashaka kubana byemewe n’amategeko.
Imyaka itatu bari bamaranye bayishyizeho akadomo,mu ijoro ryo ku wa Gatanu ushize nibwo hacicikanye amajwi y’umukobwa witwa Cadette wavuganaga ikiniga avuga ku ‘butekamutwe’ yakorewe na Sano Olivier ashinja ubuhemu. Yaramututse aramwandagaza.
Nkuko amakuru aturuka muri Amerika aho Cadette aba, arahamya neza ko uyu mukobwa ubu ubuzima bwe buri ahabi dore ko ari mu bitaro, aho bivugwa ko arembye cyane kubera ikibazo cy’umuvuduko mwinshi w’amaraso ndetse no gutera k’umutima cyane.
Abari hafi y’uyu mwana w’umukobwa usa n’uwataye umutwe nyuma yaho abenzwe ku monota wa nyuma hakiyongeraho n’amafaranga agera kuri miliyoni zirenga 30 z’amanyarwanda yariwe n’uyu musore Sano usanzwe aririmba indirimbo zo gushimisha Imana, byatumye uyu mukobwa asa n’uwahungabanye, dore ko n’inshuti ze zimuri hafi zihamya neza ko muganga uri kumukurikiraniura hafi by’umwihariko kandi akaba yanavuze ko ikibazo cye gikomeye cyane.
Uyu Muganga uri kumukurikiranira hafi yavuze ko byaturutse ku kavuyo kenshi ko mu mutwe, gutekereza cyane ndetse no guhungabana biturutse ku mitekerereze irengeje urugero.
Ibitekerezo
Sano yarahemutse cyane kandi amenyeko kuririmba munsengero bidakurahoko yahemutse . Yariye amahugu ikindi kandi amenyeko akebo yagereyemo uwo mwana wumukobwa nawe bazakamugereramo .
bantu mugira umutima nimutabare uyu mwana wumukobwa asubizwe ibye .
ibi nbirababaje police nitabare .
uyu muhungu Imana imuhane nadasubiza utwabandi .
Imana imukize .
sana Imana izamwiture ibihwanye nibyo yakoreye uriya mwana wumukobwa umuziranenge wamukunze atizigamye
Uyu mutype ngo Ni sano Ni umutindi mubi,arko nawe Imana izamwiture ibihwanye nibyo akoreye carine
Cadette Imana imukize , n’uwo Sano niba asenga koko asange abakuru b’itorero bamugire insma z’uko yakwikiranura n’uwo yahemukiye.
IMana ikize uyumwana wumukobwa
naho umuhungu azahanwa Imana irareba