skol
fortebet

Young Grace yahishuye igitsina cy’umwana agiye kubyara

author-image

Yanditswe na: Martin Munezero
Kuwa: Friday 12, Jul 2019

Sponsored Ad

skol

Young Grace yahishuye ko agiye kwibaruka umwana w’umukobwa mu gihe cya vuba.

Umuraperikazi Abayizera Marie Grace [Young Grace] wamenyekanye mu njyana ya Hip Hop kuri ubu ari mu byishimo byo kwakira imfura ye y’umukobwa.

Mu kiganiro n’ikinyamakuru isimbi yahishuye ko azabyara umukobwa ndetse azahita amwitwa Diamant izina ry’ikinya espanyore risobanura diyama.

Yagize ati “Nzabyara agakobwa.”

Yaboneyeho kuvuga ko azibaruka mu gihe cya vuba ndetse yongeraho ko iyi minsi ntakindi kintu atekereza cyane uretse umwana we ndetse ko azamufasha muri buri kimwe cyose nka nyina umubyara.

Yaboneye ho gushimira by’umwihariko abantu batandukanye bamuha bafi barimo nyina umubyara ,abavandimwe be ndetse n’inshuti ze muri rusange.

Yabajijwe bimwe mu bintu ateganyiriza umwana we navuka asubiza ko azajya amwambika neza akamwitaho muri buri kimwe ngo ndetse naramuka nawe ashatse kwinjira muri muzika azamushyigikira.

Sponsored Ad

Leave a Reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

Muri bande?



Amategeko n'amabwiriza birkurikizwa