Abadepite ba Amerika babajije Trump uruhare rw’amabuye y’agaciro mu biganiro by’amahoro muri DRC
Yanditswe: Monday 02, Jun 2025

Abadepite batanu b’Abademokarate mu Nteko Ishinga Amategeko ya Leta Zunze Ubumwe za Amerika, boherereje ibaruwa Umujyanama wa Perezida Donald Trump ushinzwe ibibazo bya Afurika, Massad Boulos, basaba ibisobanuro birambuye ku masezerano y’ubuyobozi ku bucukuzi bw’amabuye y’agaciro aherekeza gushaka amahoro hagati ya Congo-Kinshasa n’u Rwanda.
Ibaruwa ivuga ku ‘itangazo rihuriweho’ ryo ku itariki ya 25 Mata rya Kinshasa na Kigali, ryagezweho bigizwemo uruhare na Qatar na Washington, ryerekanye inzira iganisha ku biganiro byo guhagarika imirwano n’amahoro.
Abagize inteko ishinga amategeko bagaragaza impungenge z’uko abayobozi ba Trump ‘batarigeze basobanura amategeko n’amabwiriza biri mu biganiro kugira ngo Amerika yagure uburyo bwo kubona amabuye y’agaciro akomeye ya DRC (niba ahari), ndetse n’uburyo ayo mabuye azacungwa mu mucyo kandi mu buryo bungana.’ Ibaruwa isaba ko hasobanurwa neza ‘amategeko n’amabwiriza yihariye’ ikanabaza uburyo bizashyirwa ahagaragara.
Inkuru dukesha Africa Confidential ikomeza ivuga, ngo uburyo ubuyobozi bwa Trump bukemura ikibazo cy’intambara mu burasirazuba bwa Congo busa nk’amasezerano y’ubucuruzi kuruta diplomasi. Icyibandwaho ni ukugera ku mabuye y’agaciro ku masosiyete yo muri Amerika ndetse no gushora imari gushoboka kwa Amerika aho kuba nk’urugero, ikibazo cy’ubutabazi muri Kivu.
Nk’igisubizo, abadepite bavuga ko Washington igomba ‘gusubukura ibikorwa by’ubutabazi bya Amerika no gufasha mu rwego rw’ubuzima mu turere twibasiwe n’amakimbirane muri DRC’. Nyamara abajyanama ba Trump bigaragara ko ngo bashishikajwe no kwigana uburyo bwo gucuruza bwaranze politiki ya Amerika muri Afurika.
Aba badepite bavuga ko banumva ko muri Sudani y’Epfo, aho abaturage ba yo bashaka kujya muri Amerika batacyemerewe kubona visa, nyuma y’uko Umunyamabanga wa Leta, Marco Rubio, ashinje Juba ‘gufatirana’ Amerika, naho hashobora kuba amasezerano ashobora guha amasosiyete y’Abanyamerika kugera kuri peteroli n’amabuye y’agaciro, na none Boulos yongeye kubigiramo uruhare.
Leave a Reply
Your email address will not be published. Required fields are marked *