skol

Abafana ba Sénégal bafungiwe muri Maroc batangiye kwiyicisha inzara

Yanditswe: Friday 06, Feb 2026

featured-image

Abafana b’Ikipe y’Igihugu ya Sénégal bafungiwe muri Maroc ku mukino wa nyuma w’Igikombe cya Afurika batangiwe kwiyicisha izara mu rwego rwo kwerekana akarengane kabo ko kwimwa ubutabera.

Ibi ni bimwe mu byatangajwe n’umunyamategeko w’umwe muri bo waganiriye na AFP, kuri uyu wa Gatanu, tariki ya 6 Gashyantare 2026.

Tariki ya 18 Mutarama 2026, ni bwo mu Mujyi wa Rabat muri Maroc habereye umukino wa nyuma w’Igikombe cya Afurika cya 2025, wari wahuje iki gihugu na Sénégal.

Yaba abakinnyi n’abafana ku mpande zombi bifuzaga intsinzi kuri uyu mukino, ariko mu minota ya nyuma hatagwa penaliti kuri Maroc itaravuzweho rumwe, bikurura imyigaragambyo yatumye abakinnyi ba Sénégal basohoka mu kibuga.

Bakimara gusohoka mu kibuga, abafana babo bashatse kwinjira mu kibuga no guhangana n’abashinzwe umutekano ku kibuga, bituma benshi bakomerekera muri izo mvururu.

Abafana 18 ba Sénégal bahise batabwa muri yombi bafungirwa muri iki gihugu, ariko ntibagezwa imbere y’inkiko ngo baburane ku byaha bashinjwa bifitanye isano no guhungabanya umutekano.

Kuva icyo gihe cyose ntabwo barabazwa ku byaha bashinjwa, ndetse n’igihe bagerageje kubazwa babajijwe mu ndimi z’Igifaransa n’Icyarabu nyamara bo bumva ururimi gakondo rw’iwabo ‘Wolof’.

Umunyamategeko wabo, Patrick Kabou, yavuze ko bakeneye uburenganzira bwabo, bityo bari bukomeze kwiyicisha inzara kugeza bahawe ubutabera bwimwe na Maroc.

Ati “Baracyategereje kumenya icyo baregwa kuva tariki ya 18 Mutarama ubwo batabwaga muri yombi. Nta burenganzira ku butabera bafite, barakomeza kwigaragambya kugeza ijwi ryabo ryumviswe.”

Biteganyijwe ko aba bafana uko ari 18 bagaragaye batera intebe n’ibindi bikoresho bikomeretsa mu bashinzwe umutekano, bazagezwa imbere y’ubutabera mu cyumweru gitaha.

Leave a Reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

Who are you?

Amategeko n'amabwiriza birkurikizwa