skol
fortebet

Abakomeje gushaka igisubizo cyo mu burasirazuba bwa DRC bahuye na Museveni

Yanditswe: Wednesday 05, Mar 2025

featured-image

Sponsored Ad

Itsinda rigizwe n’Inama y’igihugu y’Abepiskopi ya Congo (CENCO) n’Itorero rya Kristo muri Congo (ECC) ryagiranye inama, kuri uyu wa Kabiri, itariki ya 4 Werurwe, na Perezida wa Uganda, Yoweri Kaguta Museveni, mu rwego rw’umugambi wo gushaka igisubizo cy’amahoro ku bibazo b’iri mu burasirazuba bwa Congo.

Sponsored Ad

Iyi nama irangiye, Perezida Yoweri Kaguta Museveni yagaragaje ko ashyigikiye byimazeyo ubu buryo, bugamije guca burundu ihohoterwa ribera mu burasirazuba bwa Repubulika ya Demokarasi ya Congo, binyuze mu biganiro bidaheza bihuza abafite uruhare bose muri ayo makimbirane amaze imyaka n’imyaka.

Perezida wa Uganda kandi yasezeranyije ko azashyigikira iki gikorwa mu rwego rwo kwemeza intego zacyo zizagerwaho kugira ngo iki kibazo gikemuke mu mahoro.

Nk’uko byatangajwe na Éric Senga, umuvugizi wa ECC, nyuma y’ibiganiro byinshi yagiranye n’abakuru b’ibihugu bo mu karere, CENCO-ECC basabye no kubonana na Perezida Félix Tshisekedi, Kandi yamaze kubyemera. Iyi nama izaba igamije kumuha raporo y’uruzinduko rwabo, mu Rwanda na Uganda na Kenya ndetse bananonanye na AFC/M23 i Goma.

Icyakora, iyi gahunda y’amatorero abiri akomeye mu gihugu, Gaturika n’abapolisi, yamaganwe byimazeyo na bamwe mu ruhande rwa perezida badakozwa gushyikirana n’inyeshyamba za M23. Félix Tshisekedi ubwe yongeye kubishimangira, mu kiganiro aheruka guha itangazamakuru, ko yiteguye kuganira n’u Rwanda gusa aho kuganira n’imitwe yitwaje intwaro nka M23, afata nk’igikoresho cy’u Rwanda.

Leave a Reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

Who are you?

Amategeko n'amabwiriza birkurikizwa