Muri Repubulika Iharanira Demokarasi ya Congo habarurwa imfungwa za politiki nibura 45 zirimo izizira gukorana na bamwe mu batavuga rumwe n’ubutegetsi n’ibitekerezo bibunenga zatangiye mu ruhame.
Muri aba bantu harimo abafunzwe kuva mu 2021, 25 muri bo bakaba ari abafunzwe kuva muri Mutarama 2024 muri manda ya kabiri ya Perezida Félix Tshisekedi Tshilombo.
Abafunzwe barimo Visi Perezida w’ishyaka PPRD ryashinzwe na Joseph Kabila wayoboye RDC, Aubin Minaku Ndajalandjoko n’Umunyamabanga Uhoraho waryo wanabaye Minisitiri w’Intebe, Emmanuel Ramazani Shadary.
Ikinyamakuru Jeune Afrique cyatangaje ko imfungwa za politiki zitari munsi ya 21 ari izo mu ishyaka ‘Ensemble pour la Republique’ ryashinzwe na Moïse Katumbi, 13 muri abo bakaba bafungiwe muri gereza ya gisirikare ya Ndolo i Kinshasa.
Mu gihe Joseph Kabila yakorwagaho iperereza ku byaha birimo guhungabanya umutekano w’igihugu, urwego rwa Leta rushinzwe umutekano mu by’ikoranabuhanga (CNC) rwakajije ibikorwa byo guhiga bukware abo rukeka ko bakorana na we.
Hagati ya Nzeri 2025 ubwo urukiko rukuru rwa gisirikare rwa Kinshasa rwakatiraga Kabila igihano cy’urupfu, kugeza muri Mutarama 2026, abantu batanu bakoranaga na we bya hafi batawe muri yombi.
Si abo ku ruhande rw’abatavuga rumwe n’ubutegetsi gusa, kuko na Norbert Yamba Yamba wahoze ari Umuyobozi w’ibiro bya Peter Kazadi wabaye Minisitiri w’Umutekano w’Imbere, na we arafunzwe azira ibitekerezo bye.
Hari amakuru avuga ko Yamba azira kunenga Kazadi, andi akavuga ko azira kunenga Leta Zunze Ubumwe za Amerika kubera ko zataye muri yombi Nicolas Maduro wayoboraga Venezuela, atitaye ku kuba igihugu cyabo cyaragiranye zo amasezerano y’ubufatanye.
Umusore witwa Nathanaël Onokomba uyobora umuryango ‘Jeunesse extra-système’ yatawe muri yombi nyuma yo kunenga ubutegetsi bwa Tshisekedi ubwo yari mu cyumba cy’inama i Kinshasa.
Onokomba ufatwa na bamwe nk’ijwi ry’urubyiruko, yari amaze igihe kinini anenga ubutegetsi yifashishije itangazamakuru n’imbuga nkoranyambaga.
Ashinjwa ibyaha birimo guhamagarira abantu kubangamira inyungu z’igihugu, ibyaha by’iterabwoba ndetse n’ibyaha byibasiye inyokomuntu.
Tariki ya 9 Nzeri 2025, Pascal Isumbisho Mwapu wabaye Minisitiri ushinzwe abakozi ba Leta yatawe muri yombi n’abakozi ba CNC nyuma yo gusabwa kubasanga ku biro by’ikigo gishinzwe gutwara abantu n’ibintu (ONATRA), i Kinshasa.
Mwapu yahaswe ibibazo ku mubano afitanye na Augustin Matata Ponyo wabaye Minisitiri w’Intebe ku butegetsi bwa Joseph Kabila, n’uwo yaba afitanye n’ihuriro AFC/M23 rihanganye n’ingabo za Leta mu burasirazuba bw’igihugu.
Nyuma y’amezi ane Mwapu afungiwe ahantu h’ibanga, tariki ya 10 Mutarama 2026 yajyanywe muri gereza ya Makala i Kinshasa, aho ashinjwa gukorana n’umwanzi, kuba mu mutwe w’ingabo utemewe no kugambanira igihugu.
Kubera ubwoba bwo gufungwa, bamwe mu banyapolitiki bo muri RDC bafashe icyemezo cyo guhunga. Abo barimo Kabila, Katumbi, Franck Diongo, Seth Kikuni na Claudel Lubaya. Abenshi muri bo baba mu Bubiligi.
Tshisekedi akijya ku butegetsi mu ntangiriro za 2019, yigaragazaga nk’umuyobozi ushyira imbere ubwisanzure bw’Abanye-Congo, atangaza ko atazigera yemera ko hari ufungwa ku mpamvu za politiki.
Muri Werurwe 2019, Tshisekedi yafunguye abantu 700 yasobanuye ko bari bafungiwe impamvu za politiki, imiryango iharanira uburenganzira bw’ikiremwamuntu iramushimira ariko ubu igaragaza ko ari guhinduka umunyagitugu.



Leave a Reply
Your email address will not be published. Required fields are marked *