skol

Abanya-Afghanistan Trump ashaka kohereza kwa Tshisekedi babyanze

Yanditswe: Thursday 23, Apr 2026

featured-image

Abanya-Afghanistan 1,100 bafashije Amerika mu ntambara leta ya Donald Trump ishaka kohereza muri Repubulika Iharanira Demokarasi ya Congo babiteye utwatsi, bagaragaza ko badashaka koherezwa muri icyo gihugu.

Aba bantu bafashije Amerika mu ntambara yo mu gihugu bakomokamo, mu itangazo bashyize ahagaragara, bavuga ko batagishobora gusubira muri Afghanistan kubera umutekano muke baterwa no gukorana na Amerika, ahubwo bagasaba ko ibyo basezeranyijwe byubahirizwa.

Bagize bati: “Ntidusaba kugirirwa impuhwe. Dusaba Leta Zunze Ubumwe za Amerika nizubahirizs isezerano zaduhaye. Igihe abasirikare banyu batubwiraga kubashyigikira, twarabashyigikiye. Igihe badusabaga kubasemurira twarabikoze. Igihe badusabaga kurwana, twararwanye. Benshi mu nshuti zacu n’imiryango yacu bapfuye bakora ibyo Amerika yabasabaga. Mu myaka 20 yose, twahoraga tubwirwa ko Amerika itibagirwa inshuti zayo. Ubu turasaba ko natwe twibukwa. Turasaba gusubira mu gihugu twakoreye”.

Aba banya-Afghanistan kuri ubu bacumbikiwe muri Qatar, bavuga ko kuba bakoherezwa muri RDC batabishaka, kuko ntaho bahuriye n’iki gihugu, ikindi kikaba cyugarijwe n’ibibazo by’umutekano.

Bati: “Twumvise mu itangazamakuru ko aho tuzoherezwa hashobora kuba ari Repubulika Iharanira Demokarasi ya Congo. Tureruye, ntidushaka kujya muri Repubulika Iharanira Demokarasi ya Congo. Nta miryango yacu ihari, nta rurimi rwaho tuzi. Nta burenganzira dufite bwo kuhaba. Ni igihugu kiri mu ntambara yacyo. Twamaze kubabara bihagije kubera intambara. Ntidushobora koherezayo abana bacu.”

Bunzemo bati: “Ntitwanasubira muri Afghanistan. Abatalibani bazica benshi muri twe kubera ibyo twakoreye Amerika. Ibi si ubwoba gusa, ni ukuri. Amerika irabizi, kuko ari yo mpamvu tudashobora gusubira iwacu”.

Leave a Reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

Who are you?

Amategeko n'amabwiriza birkurikizwa