skol

Abanye-Congo binjiye mu Bwongereza bitemewe bagiye gusubizwa iwabo

Yanditswe: Saturday 07, Feb 2026

featured-image

U Bwongereza na Repubulika Iharanira Demokarasi ya Congo byemeranyije ku masezerano yerekeye gusubiza Abanye-Congo binjiye muri iki gihugu cy’i Burayi binyuranyije n’amategeko n’abakatiwe n’inkinko, iwabo.

Hashize igihe u Bwongereza na RDC bitumvikana ku ngingo zirimo izijyanye no kwemerera Abanye-Congo kubwinjiramo.

Icyakora ubu impande zombi zumvikanye ku bijyanye no guhererekanya abo bantu, Abanye-Congo na bo bemererwa kwinjira mu Bwongereza.

Minisitiri w’Umutekano w’Imbere mu Bwongereza, Shabana Mahmood yashimiye ubu bufatanye, avuga ko “abinjiye [mu Bwongereza] bitemewe n’abanyabyaha” bakomoka muri RDC bagiye gusubizwa iwabo byihuse.

Biteganyijwe ko bizagenda uko kandi no ku baturage bakomoka mu bihugu bya Namibia na Angola.

Aya masezerano yagezweho nyuma y’uko u Bwongereza bwari bwagaragaje ko ibihugu bitazayemera bizahanwa hagamijwe koroshya ibyo kohereza abinjiye muri iki gihugu bitemewe iwabo.

Mahmood ati “Ubutumwa bwanjye burasobanutse. Niba leta zo muri ibi bihugu zitemera kwakira abaturage bazo, zizirengera ingaruka zizavamo.”

U Bwongereza bukomeje guhura n’ibibazo by’abimukira babwinjiramo binyuranyije n’amategeko.

Minisiteri y’Umutekano w’Imbere mu Bwongereza, iherutse gutangaza ko abimukira batemewe n’amategeko binjiye muri icyo gihugu bifashishije ubwato buto mu 2025 bari 41.472.

Ni umubare uri hejuru kuko ari ku nshuro ya kabiri hinjiye abantu benshi mu Bwongereza guhera mu 2018.

Ibi byaherukaga mu 2022 aho hinjiye abantu 45.774 bakoresheje ubwato buto bunyura mu nzira izwi nka English Channel.

Leave a Reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

Who are you?

Amategeko n'amabwiriza birkurikizwa