Abarwanyi b’ihuriro AFC/M23 rirwanya ubutegetsi bwa Repubulika Iharanira Demokarasi ya Congo bavuye muri santere ya Luvungi mu gitondo cyo kuri uyu wa 12 Gicurasi 2026, berekeza muri Kamanyola mu ntera y’ibilometero 75 uvuye mu Mujyi wa Uvira.
AFC/M23 yafashe ibice byinshi byo muri Teritwari ya Uvira mu ntangiriro z’Ukuboza 2025. Muri Mutarama 2026, yakuye abarwanyi bayo mu Mujyi wa Uvira no mu nkengero zaho nyuma yo kubisabwa na Leta Zunze Ubumwe za Amerika.
Amerika ntiyanyuzwe kuko yakomeje gusaba AFC/M23 kuva mu bindi bice byose byo mu Kibaya cya Ruzizi, igasubira aho yahoze mbere y’urugamba rwo mu mpera z’umwaka ushize. Byumvikanaga ko iri huriro risabwa gusubira muri santere ya Kamanyola.
Tariki ya 10 Gicurasi, AFC/M23 yasubukuye ibikorwa byo gusubira inyuma, ikura abarwanyi mu bice birimo Sange, Lubirizi, Mutarule na Bwegera, bose bajya muri Luvungi, bica amarenga ko mu gihe cya vuba bazakomeza urugendo bazamuka.
Mu gitondo cyo kuri uyu wa 12 Gicurasi, abarwanyi ba AFC/M23 basubukuye urugendo, bava muri Luvungi bakomereza muri Kamanyola. Ku gicamunsi, imitwe ya Wazalendo n’ingabo za RDC byinjiye muri Luvungi, bitangira kuhagenzura.
Umuvugizi w’ingabo za RDC zikorera mu Ntara ya Kivu y’Amajyepfo, Lt Reagan Mbuyi Kalonji, yemeje ko abasirikare babo bari kugenzura Luvungi kuva ku gicamunsi ariko ko abarwanyi ba AFC/M23 bakiri mu bice byo hafi birimo Katogota, hafi ya Kamanyola.
Lt Mbuyi yatangaje ko abarwanyi ba AFC/M23 bashyize intwaro ziremereye mu bice bari kugenzura uyu munsi, mu buryo busa n’aho bashaka gukomeza ibirindiro byabo muri Kamanyola no mu nkengero zaho.
Ubwo Amerika yasabaga AFC/M23 gukura abarwanyi mu bice byo mu Kibaya cya Ruzizi, yari yarayisezeranyije ko bizoherezwamo ingabo zitagira uruhande zibogamiyeho ariko ingabo za RDC na Wazalendo ni byo byahise bitangira kuhagenzura.
Nyuma y’aho kohereza ingabo zitabogamye zigenzura ibi bice binaniranye, byateganyijwe ko ibi bice bizoherezwamo ingabo zigenzura iyubahirizwa ry’agahenge. Hashyizweho urwego ruzakagenzura ruzwi nka EJVM+ ariko igihe ruzatangirira imirimo ntikiramenyekana.
Abarwanyi ba AFC/M23 bavuye muri Luvungi mu gitondo, berekeza muri Kamanyola
Aho AFC/M23 iri gukura abarwanyi, Wazalendo n’ingabo za RDC biri guhita bitangira kuhagenzura


Leave a Reply
Your email address will not be published. Required fields are marked *