skol
fortebet

Abasirikare 624 ba Amerika bamaze gukomerekera mu ntambara na Iran

author-image

Yanditswe na: ISIMBI Estella
Kuwa: Tuesday 28, Jul 2026

 Abasirikare 624 ba Amerika bamaze gukomerekera mu ntambara na Iran

Sponsored Ad

skol

Nibura abasirikare 624 ba Leta Zunze Ubumwe za Amerika bamaze gukomereka kuva Perezida Donald Trump yatangiza ibitero kuri Iran muri Gashyantare uyu mwaka, nk’uko bigaragara muri raporo nshya ya Minisiteri y’Ingabo ya Amerika (Pentagon) yasohotse ku wa Gatandatu ushize, tariki ya 25 Nyakanga.

Muri abo bakomeretse, 417 bakomerekeye mu gikorwa cya gisirikare cyiswe Operation Epic Fury, ari na cyo cyahawe izina ry’intambara Amerika irimo na Iran, mu gihe abandi 207 bakomerekeye mu bindi bikorwa bya gisirikare Amerika ikorera hanze y’igihugu (Overseas Operations).

Mu cyumweru gishize, Pentagon yahinduye imibare y’abapfuye n’abakomeretse muri iyi ntambara. Abasirikare bane bari babaruwe nk’abaguye muri Operation Epic Fury bakuwe kuri urwo rutonde, bashyirwa mu cyiciro cy’abapfiriye mu bindi bikorwa bya gisirikare bikorerwa hanze y’igihugu. Ibyo byatumye umubare w’abapfuye muri iyi ntambara ugabanuka uva kuri 18 ugera kuri 14.

Bamwe mu banenga ubutegetsi bwa Trump bavuga ko guhindura iyi mibare nta bisobanuro bihagije bitanzwe bituma habaho urujijo ku by’iyi ntambara.

Lt. Gen. Ben Hodges, wahoze ayobora Ingabo za Amerika ku Mugabane w’u Burayi mu gihe cya manda ya mbere ya Trump, yagize ati:

“Ubu butegetsi busa n’ubutabasha kutubwiza ukuri ku biri kuba, atari gusa ku mubare w’abahitanwa n’intambara, ahubwo no ku ntambara yose muri rusange.”

Ku ruhande rwayo, Pentagon ivuga ko iryo hindurwa ryatewe gusa n’ikibazo cy’igihe gito mu gukusanya imibare kandi ko amakuru ari gukomeza gukosorwa.

Mu butumwa Perezida Trump yanyujije ku rubuga rwe rwa Truth Social ku wa 21 Nyakanga, yavuze ko intambara na Iran yari imaze guhitana abasirikare 18 b’Abanyamerika.

Nk’uko ikinyamakuru Associated Press cyabitangaje, urutonde rwiswe Overseas Operations, rubarura abasirikare baguye cyangwa bakomerekeye mu bikorwa bya gisirikare byo hanze y’igihugu, rwatangiye kugaragara ku rubuga rwa Pentagon ku Cyumweru. Rugaragaza abasirikare bapfuye kuva ku wa 7 Nyakanga 2026, rukaba rwarimo amazina y’abasirikare bane bapfuye ndetse n’abandi 207 bakomeretse. Icyakora, ntibirasobanuka niba abo 207 bose bakomerekeye mu ntambara na Iran.

Iri hindurwa ry’imibare ryabaye nyuma y’urupfu rw’abasirikare bane b’Abanyamerika mu cyumweru gishize, nyuma y’uko agahenge kari hagati ya Amerika na Iran gatangiye gusenyuka, ndetse na Perezida Trump akatangaza ko kari karangiye.

Abasirikare batatu bapfuye nyuma y’igitero cya misile Iran yagabye ku kigo cya gisirikare cya Amerika kiri muri Yorodaniya ku wa 17 Nyakanga, mu gihe undi musirikare yapfiriye muri Irak ubwo harimo hasenywa drone ya Iran mu buryo bugenzuwe.

Kuva hagati muri Nyakanga, Amerika yamaze iminsi 13 ikurikirana igaba ibitero ku bikorwa remezo bya gisirikare bya Iran, na Iran na yo isubiza yibasira ibigo bya Amerika biri mu bihugu bituranye.

Icyakora, kuva ku wa Gatanu ushize, impande zombi zahagaritse ibitero.

Leave a Reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

Muri bande?



Amategeko n'amabwiriza birkurikizwa