skol
fortebet

Abatavuga rumwe n’ubutegetsi muri RDC banze icyemezo cyemeje itegeko rya kamarampaka

author-image

Yanditswe na: ISIMBI Estella
Kuwa: Thursday 30, Jul 2026

Abatavuga rumwe n'ubutegetsi muri RDC banze icyemezo cyemeje itegeko rya kamarampaka

Sponsored Ad

skol

Imitwe ya politiki itavuga rumwe n’ubutegetsi muri Repubulika Iharanira Demokarasi ya Congo (RDC) yamaganye icyemezo cy’Urukiko rushinzwe kurinda Itegeko Nshinga cyemeje itegeko rigena uburyo bwo gutegura kamarampaka (referandumu), ivuga ko icyo cyemezo kidafite agaciro.

Mu itangazo ryashyizwe ahagaragara n’ihuriro C-64, rihuriyemo imitwe ya politiki ya ECIDE, A.Ch, ENSEMBLE, LGD, na ENVOL, ryashyizweho umukono n’abayobozi b’iyo mitwe, uru rukiko rwashinjwe gufatanya n’ubutegetsi mu gusenya igihugu.

Iryo tangazo rigira riti:

"Icyemezo cy’Urukiko rwemeje umugambi wo gusenya Itegeko Nshinga kandi gifunguriye inzira umugambi wo gucamo ibice igihugu."

Iyi mitwe ya politiki ishinja Urukiko rushinzwe kurinda Itegeko Nshinga kuba igikoresho cya Perezida Félix Tshisekedi, kandi ivuga ko abaturage ba Congo batakirwizera cyangwa ngo barwubahe.

Ihuriro C-64 rivuga ko hari ibintu bine abaturage ba Congo batazemera na rimwe, ari byo:

 Kurenga ku Itegeko Nshinga.
 Kwigarurira inzego z’igihugu mu buryo bunyuranyije n’amategeko.
 Guhindura Itegeko Nshinga.
 Gushaka manda ya gatatu y’Umukuru w’Igihugu.

Iri huriro rivuga ko nta rwego na rumwe ruri hejuru y’Itegeko Nshinga, kandi ko nta butegetsi bukwiye kurenga ku bushake bw’abaturage bugaragarira mu kubahiriza Itegeko Nshinga.

Nyuma yo gusubika imyigaragambyo yari iteganyijwe ku wa 22 uku kwezi, iri huriro ryahamagariye Abanye-Congo kongera gukurikiza amabwiriza rizatanga ku wa 15 Kanama (Myandagaro) ku bijyanye n’ibizakorwa mu minsi iri imbere.

Leave a Reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

Muri bande?



Amategeko n'amabwiriza birkurikizwa