Abayobora Ingabo mu bihugu 12 bagiye kwicarira ibibazo bya Congo
Yanditswe: Monday 05, Jan 2026
Ba Minisitiri b’Ingabo n’Abagaba Bakuru b’Ingabo bo mu bihugu 12 bagiye guhurira mu nama y’iminsi itatu igamije kwiga ku kibazo cy’umutekano muke mu Burasirazuba bwa Repubulika Iharanira Demokarasi ya Congo (DRC).
Ni inama izahuriza hamwe ba minisitiri b’ingabo n’abagaba bakuru bazo bo mu bihugu bigize Inama Mpuzamahanga y’Akarere k’Ibiyaga Bigari, (ICGLR) ikazaba hagati ya tariki 8 na 10 Mutarama 2026, mu Mujyi wa Livingstone muri Zambia.
Itangazo ryashyizwe hanze na Minisiteri y’Ingabo ya Zambia yavuze ko iyi nama izahuriza hamwe abo mu bihugu 12 bigize ICGLR, ikazayoborwa na Minisitiri w’Ingabo wa Zambia, Ambrose Lwiji Lufuma.
Ibyo bihugu ni Angola, u Burundi, Centrafrique, Congo, RDC, Kenya, Uganda, u Rwanda, Sudani, Sudani y’Epfo, Tanzania na Zambia.
Ibihugu byinshi bigize ICGLR, bisanzwe binahuriye mu miryango ya EAC na SADC, imiryango imaze igihe mu kibazo cyo mu Burasirazuba bwa Repubulika Iharanira Demokarasi mu buryo bumwe cyangwa ubundi.
Umuryango wa SADC wagize ingabo muri DRC zahamaze imyaka ibiri zisimbuye iza EAC.
Mu burasirazuba bwa Congo imirwano yo irakomeje hagati y’Ingabo za Congo n’ababafasha ndetse n’abarwanyi ba AFC/M23.
Impande zombi zishinjanya kurenga ku masezerano bagiye basinya. Ingabo za Congo ziherutse gushinjwa kwica abaturage ku wa 2 Mutarama 2026 zikoresheje drones muri Santere ya Masisi.
Leave a Reply
Your email address will not be published. Required fields are marked *