skol
fortebet

Abenye-Congo bagerageje kwinjira muri Uganda bitemewe batawe muri Yombi

author-image

Yanditswe na: Angeline MUKANGENZI
Kuwa: Tuesday 09, Jun 2026

Abenye-Congo bagerageje kwinjira muri Uganda bitemewe batawe muri Yombi

Sponsored Ad

skol

Abashinzwe umutekano muri Uganda bataye muri yombi Abanye-Congo batanu bagerageje kwinjira muri iki gihugu binyuranyije n’amabwiriza yashyizweho mu rwego rwo gukumira Ebola yo mu bwoko bwa Bundibugyo yugarije uburasirazuba bwa Repubulika Iharanira Demokarasi ya Congo.

Minisiteri y’Ubuzima muri Uganda igaragaza ko i Kampala hamaze kugaragara abantu 19 banduye Ebola barimo 14 baturutse mu Burasirazuba bwa RDC. Muri rusange, abantu bane ni bo bamaze gukira mu gihe babiri bishwe n’iki cyorezo.

Mu rwego rwo gukumira iki cyorezo, Leta ya Uganda yafashe icyemezo yo gufunga by’agateganyo imipaka yayo na RDC, yohereza ku mipaka abashinzwe umutekano barimo abasirikare kugira ngo babacungire hafi.

Ku wa 8 Kamena 2026, Umuyobozi Mukuru w’Ishami ry’Umuryango w’Abibumbye rishinzwe ubuzima (OMS), Dr. Tedros Adhanom Ghebreyesus, yasuye Uganda, agaragaza ko aho gufunga imipaka yayo na RDC, ibihugu byombi byakabaye byifatanya mu gutsinda iki cyorezo.

Umunyamabanga Uhoraho muri Minisiteri y’Ubuzima muri Uganda, Dr. Diana Atwine, aherutse gutangaza ko ubufasha igihugu cyabo kizaha RDC mu kurwanya iki cyorezo ari ukucyoherereza abaganga 80 bazagifasha kuvura abarwayi bacyo n’abakekwaho kucyandura.

Abanye-Congo bafashwe n’inzego z’umutekano ubwo bari mu modoka nto mu gitondo cyo kuri uyu wa 9 Kamena, berekeza i Kampala nyuma yo kwambuka umupaka banyuze mu Karere ka Pakwach kari mu majyaruguru y’igihugu.

Umuyobozi Wungirije w’Akarere ka Pakwach, Achile Twaibu, yatangaje ko aba Banye-Congo bazasubizwa mu gihugu cyabo banyujijwe ku mupaka wa Goli, kandi ko bazaba biyongereye ku bandi 35 bamaze koherezwa kuva tariki ya 1 Kamena.

Umuyobozi uri mu bashinzwe ubuzima mu Ntara ya West Nile, Dr. Jimmy Opigo, yatangaje ko umutekano ukwiye gukazwa cyane muri iki gice kuko kibaye kibonetsemo umuntu wanduye Ebola, ibikorwa 50% byahagarara kugira ngo hashyirwe imbaraga mu guhasha iki cyorezo.

Leave a Reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

Muri bande?



Amategeko n'amabwiriza birkurikizwa