skol
fortebet

AFC/M23 n’ingabo za Congo FARDC byongeye gukozanyaho i Masisi

author-image

Yanditswe na: Angeline MUKANGENZI
Kuwa: Wednesday 27, May 2026

AFC/M23 n'ingabo za Congo FARDC byongeye gukozanyaho i Masisi

Sponsored Ad

skol

Kuri uyu wa 27 Gicurasi 2026, i Masisi haramukiye imirwano ikomeye ihaganishije abarwayi b’umutwe wa AFC/M23 n’ingabo za Repubulika iharanira Demokarasi ya Congo (FARDC) ndetse n’indi mitwe isanzwe iyifasha irimo Wazalendo, Nyatura ndetse na FDLR.

Kuva mu gitondo cyo ku wa 26 Gicurasi kugeza mu masaha y’igicamunsi, AFC/M23 yambuye ingabo za Leta ya RDC uduce twinshi mu gihe zasatiraga Rubaya, turimo Bukinanyana, Gasenyi, Runigi, Karunga, Bushiha, Nkokwe, Nyakigano, Mushebere na Kavuta.

Abaturage batuye muri aka gace atangaje ko iyi mirwano yatangiye ku wa 26 Gicurasi 2026,ubwo imirwano yasatiraga Rubaya cyane Kuva ku Baporo kugeza ku Kanyaru, bakavuga ko bumvaga amakompora n’urusaku rw’imbunda nini. Abaturage bakaba bari bihishe mu nzu zabo, abandi bahungira aho batekereza ko hatekanye.”

Aba baturage kandi bavuga ko nyuma y’imirwano yabaye ku wa 26 Gicurasi, babonye abarwanyi ba Wazalendo basubira inyuma berekeza mu gace ka Kibabi, mu ntera y’ibilometero 15 uvuye muri Rubaya. Ikindi kandi bakavuga ko babonye Ingabo za Leta ya RDC zapfuye, ubwo iyi mirwano yabaga, zikanatakaza ibikoresho bitandukanye birimo imbunda nini n’into.

Bamwe mu barwanyi bo muri Wazalendo bari batangaje ko bari mu ntera y’ibilometero bitanu berekeza muri Rubaya, hakwirakwira ibindi bihuha bivuga ko baba bamaze kugera muri iki gice gikungahaye ku mabuye y’agaciro ya Coltan.

Umuyobozi wa Teritwari ya Masisi washyizweho na AFC/M23, Emmanuel Ndizeye Rutebuka, yasuye abatuye muri santere ya Rubaya ku wa 26 Gicurasi, abamenyesha ko ingabo za Leta ya RDC zitazigera zihafata.

Ndizeye kandi yasabye abatuye muri Rubaya gukorana n’inzego za AFC/M23 kugira ngo bafatanye kubungabunga umutekano wabo n’imitungo yabo, kandi bakomeze ibikorwa bibateza imbere nta nkomyi.

Byagaragaraye ko nubwo imirwano imaze iminsi ibera mu bice bitari kure ya Rubaya, abaturage baho bari bakomeje ibikorwa birimo ubucuruzi, gutwara abagenzi kuri moto ndetse n’ubwubatsi, Ndizeye avuga ko ari ikimenyetso cy’uko bizeye umutekano.

Rubaya igenzurwa na AFC/M23 kuva muri Gicurasi 2024. Leta ya RDC ifata kuyitakaza nk’igihombo gikomeye kuko 15% bya Coltan yoherezwa ku isoko mpuzamahanga icukurwa mu birombe byaho.

Leave a Reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

Muri bande?



Amategeko n'amabwiriza birkurikizwa