skol

AFC/M23 yasabye Leta ya RDC ibisobanuro ku rubanza rwa Kabila

Yanditswe: Monday 25, Aug 2025

featured-image

Umuyobozi wungirije w’ihuriro AFC/M23, Bertrand Bisimwa, yatangaje ko ubutegetsi bwa Repubulika Iharanira Demokarasi ya Congo bugomba gutanga ibisobanuro ku rubanza rwa Joseph Kabila wayoboye iki gihugu kuva mu 2001 kugeza mu 2019.

Urukiko rukuru rw’igisirikare cya RDC ruri kuburanisha Kabila kuva tariki ya 25 Nyakanga 2025. Ashinjwa ibyaha birimo kugambanira igihugu, ibyaha by’intambara n’ibyibasiye inyokomuntu.

Abashinjacyaha n’abanyamategeko barengera inyungu za Leta ya RDC, babwiye uru rukiko ko Kabila yakoze ibi byaha nk’umuyobozi wa AFC/M23, nubwo we muri Werurwe yabwiye abanyamakuru ko adakorana n’iri huriro.

Mu ijoro ryo ku wa 24 Kanama, Bisimwa yibukije Leta ya RDC ko amahame impande zombi zashyizeho umukono mu kwezi gushize, zibifashijwemo na Qatar, asaba ko abantu 700 barimo abanyamuryango ba AFC/M23 n’abakekwaho kuba abanyamuryango bayo bagomba kurekurwa.

Bisimwa yagaragaje ko byaba bitumvikana ko igihugu cyemera gufungura abakekwaho gukorana na AFC/M23 cyangwa abanyamuryango b’iri huriro, hanyuma kigatangira gufunga abandi.

Yagize ati “Leta ya Kinshasa itugomba ibisobanuro kuri iri toteza ryifashisha itangazamakuru n’ubutabera rikorerwa Perezida Joseph Kabila, usabirwa igihano cyo kwicwa kubera gushinjwa gufasha AFC/M23, mu gihe twemeranyije ko abafungiwe ibintu nk’ibi bagomba kurekurwa.”

Tariki ya 22 Kanama ni bwo Ubushinjacyaha bwasabiye Kabila gukatirwa igihano cy’urupfu. Abanyamategeko barengera inyungu za Leta bo basabye ko umutungo we ubarirwa muri “miliyari 32 z’Amadolari” ufatirwa, agacibwa n’indishyi ya miliyari 21 z’Amadolari.

Urukiko rukuru rw’igisirikare cya RDC ruri kuburanisha Kabila kuva tariki ya 25 Nyakanga 2025. Ashinjwa ibyaha birimo kugambanira igihugu, ibyaha by’intambara n’ibyibasiye inyokomuntu.

Abashinjacyaha n’abanyamategeko barengera inyungu za Leta ya RDC, babwiye uru rukiko ko Kabila yakoze ibi byaha nk’umuyobozi wa AFC/M23, nubwo we muri Werurwe yabwiye abanyamakuru ko adakorana n’iri huriro.

Mu ijoro ryo ku wa 24 Kanama, Bisimwa yibukije Leta ya RDC ko amahame impande zombi zashyizeho umukono mu kwezi gushize, zibifashijwemo na Qatar, asaba ko abantu 700 barimo abanyamuryango ba AFC/M23 n’abakekwaho kuba abanyamuryango bayo bagomba kurekurwa.

Bisimwa yagaragaje ko byaba bitumvikana ko igihugu cyemera gufungura abakekwaho gukorana na AFC/M23 cyangwa abanyamuryango b’iri huriro, hanyuma kigatangira gufunga abandi.

Yagize ati “Leta ya Kinshasa itugomba ibisobanuro kuri iri toteza ryifashisha itangazamakuru n’ubutabera rikorerwa Perezida Joseph Kabila, usabirwa igihano cyo kwicwa kubera gushinjwa gufasha AFC/M23, mu gihe twemeranyije ko abafungiwe ibintu nk’ibi bagomba kurekurwa.”

Tariki ya 22 Kanama ni bwo Ubushinjacyaha bwasabiye Kabila gukatirwa igihano cy’urupfu. Abanyamategeko barengera inyungu za Leta bo basabye ko umutungo we ubarirwa muri “miliyari 32 z’Amadolari” ufatirwa, agacibwa n’indishyi ya miliyari 21 z’Amadolari.

Leave a Reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

Who are you?

Amategeko n'amabwiriza birkurikizwa