skol
fortebet

AFC/M23 yashinje HRW gukorera Leta ya RDC

author-image

Yanditswe na: Angeline MUKANGENZI
Kuwa: Friday 15, May 2026

AFC/M23 yashinje HRW gukorera Leta ya RDC

Sponsored Ad

skol

Ihuriro AFC/M23 ryashinje umuryango HRW (Human Rights Watch) kuriharabika, gutangaza ibinyoma no kwirengagiza ukuri, mu buryo bushimangira ko ukorera mu murongo w’ubutegetsi bwa Repubulika Iharanira Demokarasi ya Congo.

Ryatanze ubu butumwa risubiza raporo ya HRW yasohotse ku wa 14 Gicurasi, ishinja abarwanyi baryo kwicira abasivili mu Mujyi wa Uvira, gufata abagore ku ngufu no gushimuta abantu hagati y’Ukuboza 2025 na Mutarama 2026.

HRW yatangaje ko aya makuru yayakuye mu bantu 120, bamwe muri bo bavuganye na yo kuri telefone, barimo abo mu nzego za Leta ya RDC n’iy’u Burundi zirimo igisirikare n’ubutasi.

Kuri uyu wa 15 Gicurasi, Umuvugizi wa AFC/M23, Lawrence Kanyuka, yatangaje ko raporo ya HRW iri mu murongo wa politiki wa Leta ya RDC, hafi ijambo ku rindi, kuko isubiramo icengezamatwara rimaze igihe kinini rikwirakwizwa.

Kanyuka yagize ati "AFC/M23 iributsa Abanye-Congo n’abanyamahanga ko atari ubwa mbere HRW ibikoze. Amakuru adashidikanywaho yemeza ko Leta ya Tshisekedi imaze imyaka myinshi ikorana n’uyu muryango mpuzamahanga."

Yakomeje ati "Aho guharanira uburenganzira bw’ikiremwamuntu ku Isi, bigaragara ko HRW yahisemo kwinjira mu bikorwa bya politiki bigamije guharabika AFC/M23 ku ruhando mpuzamahanga, ikoresheje uburyo bwose bushoboka."

AFC/M23 yagaragaje ko ibice bigenzurwa na Leta ya RDC biri gukorerwamo ubwicanyi, nko muri Beni na Ituri hagabwa ibitero n’umutwe w’iterabwoba wa ADF na CODECO, ingabo za Leta zikagaba ibitero muri Komini Minembwe ariko ko HRW yahisemo kubiceceka kugira ngo ishimishe ubutegetsi bw’i Kinshasa.

Iri huriro ryagaragaje ko ingabo za RDC zikomeje gukorana n’umutwe w’iterabwoba wa FDLR washinzwe n’abagize uruhare muri Jenoside yakorewe Abatutsi mu 1994, ariko ko HRW idashaka kubivugaho muri raporo zayo.

AFC/M23 yatangaje ko kubogama HRW yagaragaje muri raporo yayo gutuma uyu muryango utakarizwa icyizere mu buryo bukomeye, ibituma ibyo utangaza bidahabwa agaciro.

Leave a Reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

Muri bande?



Amategeko n'amabwiriza birkurikizwa