Umuyobozi w’ihuriro AFC/M23 rirwanya ubutegetsi bwa Repubulika Iharanira Demokarasi ya Congo, Corneille Nangaa Yobeluo, yemeje ko Joseph Kabila Kabange ari muri iki gihugu.
AFC/M23 yemeje ko Kabila ari muri RDC
Umuyobozi w’ihuriro AFC/M23 rirwanya ubutegetsi bwa Repubulika Iharanira Demokarasi ya Congo, Corneille Nangaa Yobeluo, yemeje ko Joseph Kabila Kabange ari muri iki gihugu.
Mu nama yahuje ubuyobozi bukuru bwa AFC/M23 n’abavuga rikumvikana bo mu Ntara ya Kivu y’Amajyaruguru ku wa 12 Mutarama 2026, Nangaa yatangaje ko umunsi umwe Kabila azajya kubasuhuza.
Yagize ati "Hano tuhafite umushyitsi, uwahoze ari Perezida wa Repubulika, Joseph Kabila. Murabizi ko ari hano? Ntabyo muzi? Hari umunsi tuzamuzana, abasuhuze. Ni Senateri ubuzima bwose nk’uko Itegeko Nshinga ribiteganya ariko bamukuye muri Sena.”
Kabila yaherukaga kugaragara mu ruhame mu bice bigenzurwa na AFC/M23 muri Kamena 2025. Icyo gihe yamaze iminsi aganiriza Abanye-Congo bo mu byiciro bitandukanye ku buryo amahoro yagaruka mu gihugu cyabo.
Mu gihe yari muri ibi biganiro, yari yarashinze ibiro by’agateganyo mu rugo rwe ruri mu gace ka Kinyogote kari mu burengerazuba bw’Umujyi wa Goma.
Uru ruzinduko rwatumye Ubushinjacyaha butangira gukurikirana Kabila, bumurega mu Rukiko Rukuru rwa gisirikare rwa Kinshasa, akatirwa igihano cy’urupfu adahari, nyuma yo guhamywa ibyaha birimo kugambanira igihugu no kuba mu mutwe w’ingabo utemewe.
Nyuma ya Kamena 2025, Kabila yakoreye ingendo mu bihugu bitandukanye byo muri Afurika birimo Kenya; aho yashingiye ihuriro ry’imitwe ya politiki ryitwa ‘Sauvons le RDC’ rifite intego yo gukura igihugu mu bibazo byinshi bicyugarije.
Corneille Nangaa yatangaje ko Joseph Kabila ari muri RDC

Leave a Reply
Your email address will not be published. Required fields are marked *