Urukiko rurusha ububasha izindi zose zo muri Afurika y’Epfo rwanzuye ko abanyamahanga badashobora kongera gusaba ubuhungiro igihe cyose baba barigeze kubwimwa, rushyira iherezo ku rubanza rwatangijwe n’Abarundi
Abarundi babiri batangije urubanza bari babwiye urukiko ko ubusabe bushya bwabo bukwiye kwemerwa kuko u Burundi bwibasiwe n’urugomo mu matora ya perezida yo mu 2015
Urukiko rurinda iremezo ry’itegeko nshinga rwavuze ko kwemerera abo bantu kongera gusaba ubuhungiro mu buryo butagira iherezo kandi nta tegeko riboneye rihari, bishobora guteza “uruhererekane rutagira iherezo”, bikabuza ko habaho kwirukana abantu mu gihugu ndetse bigateza akajagari mu butegetsi.
Leon Schreiber, Minisitiri w’ubutegetsi bw’igihugu muri leta y’Afurika y’Epfo igizwe n’urugaga rw’amashyaka anyuranye, yashimye icyo cyemezo cy’urukiko, avuga ko ari “intsinzi ikomeye” ku “ikoreshwa nabi” ry’uburyo bwo gutanga ubuhungiro muri icyo gihugu.
Icyo cyemezo gishyize iherezo ku rubanza rwari rumaze igihe kirekire, rwatangijwe n’Abarundi babiri, bongeye gusaba ubuhungiro mu 2018 nyuma yuko ubusabe bwabo bwa mbere bwanzwe mu 2014.
Bombi bari babwiye urukiko ko ubusabe bushya bwabo bukwiye kwemerwa kuko u Burundi bwari bwaribasiwe n’urugomo rushingiye kuri politike mu gihe cy’amatora ya perezida yo mu 2015.
Abantu nibura 70 biciwe mu mvururu nyuma yuko uwari Perezida Pierre Nkurunziza afashe icyemezo cyateje impaka cyo kwiyamamariza manda ya gatatu.
Abo Barundi batsinze urubanza mu rukiko rw’ikirenga rw’ubujurire, ariko, mu cyemezo cyafashwe ku bwiganze bw’abacamanza, urukiko rurinda iremezo ry’itegekonshinga rwaburijemo icyo cyemezo. Ni rwo rukiko rwa nyuma rw’ubujurire.
Ishami ry’Umuryango w’Abibumbye ryita ku mpunzi rivuga ko mu mwaka wa 2025 Afurika y’Epfo yari irimo impunzi n’abasaba ubuhungiro bose hamwe barenga 167,000, ahanini bakomoka mu Burundi, u Rwanda, Repubulika ya Demokarasi ya Congo, Somalia, Sudani y’Epfo na Zimbabwe.
Afurika y’Epfo ibamo abimukira bagera kuri miliyoni hafi 2.4, batageze kuri 4% by’abaturage bose b’icyo gihugu, nkuko imibare ya leta ibigaragaza, nubwo byibazwa ko abandi benshi baba muri icyo gihugu mu buryo butazwi n’ubutegetsi.
Nk’igihugu cya mbere muri Afurika giteye imbere cyane mu rwego rw’inganda, abantu bavuye imihanda yose kuri uyu mugabane berekeza muri Afurika y’Epfo gushakayo imirimo.

Leave a Reply
Your email address will not be published. Required fields are marked *