skol

Afurika yongeye kwisanga mu myanya y’inyuma ku Isi mu bijyanye n’umutekano

Yanditswe: Wednesday 01, Oct 2025

featured-image

Raporo ya Global Safety Index 2025 yashyizwe hanze igaragaza uko ibihugu byo ku Isi bihagaze mu bijyanye n’umutekano w’abantu, ituze rya politiki n’umutekano rusange. Nyamara Afurika yongeye kwisanga mu myanya y’inyuma, kuko nta gihugu na kimwe cyayo cyabashije kuza mu bihugu 30 bya mbere ku Isi, ibintu bigaragaza urugendo rurerure uyu mugabane ugifite mu gukomeza guha abaturage ubuzima butekanye kandi bufite ituze.

Afurika y’Epfo, igihugu gikomeye ku bukungu muri Afurika, cyagaragajwe nk’ikibasiwe n’ibibazo by’umutekano mucye, ruswa, kudasugira kwa politiki n’ibikorwa remezo bigenda bisenyuka. Ibi byatumye abakire benshi bo muri iki gihugu batangira gushora imari mu bihugu byo mu birwa bya Karayibe bibaha ubwenegihugu binyuze muri gahunda za ’Citizenship by Investment’.

Nigeria, igihugu kinini cyane mu mibare y’abaturage no mu bukungu, na cyo gihanganye n’ibibazo by’ubukungu budahagije, izamuka ry’ibiciro ku isoko, ruswa ndetse n’ihungabana rya politiki. Ibi byose bituma abantu bafite umutungo mwinshi bahanga amaso ubwenegihugu bwa kabiri nk’uburyo bwo kubona ejo hazaza hifashe neza kandi hatekanye.

Iyi raporo yerekanye impinduka zagiye zibaho mu myaka itatu ishize, kuva mu 2022 kugeza mu 2025. Iceland yakomeje kuyobora uru rutonde mu gihe u Busuwisi na Denmark byagumye mu bihugu bitanu bya mbere. Nigeria yateye intambwe ikomeye, iva ku mwanya wa 147 mu 2022 igera ku mwanya wa 111 mu 2025, bigaragaza ko hari intambwe ntoya ariko ifatika mu bijyanye no guteza imbere ituze no kongera icyizere cy’abaturage.

Ku rundi ruhande, Afurika y’Epfo yagabanutseho imyanya 50 iva ku wa 79 igera ku wa 129, bigaragaza ukwiyongera kw’ibibazo by’umutekano mucye n’ihungabana rya politiki. Mu gihe ibihugu nka Siriya, Yemeni na Afuganistani bikomeje kuguma mu myanya ya nyuma kubera intambara zidashira, ibibazo by’ubuhunzi n’ubukene bukabije buturuka ku bukungu bwamaze gusenyuka.

Global Safety Index ni igipimo gifatwa nk’ingenzi mu rwego mpuzamahanga, kikaba igice cya World Citizenship Report isohorwa na CS Global Partners, ikigo cyo mu Bwongereza cyunganira mu byerekeye ubwenegihugu n’ishoramari. Iyo raporo ifasha abashoramari, abayobozi ndetse n’abantu bafite umutungo mwinshi ku Isi kumva uko umutekano uhagaze n’uko ushobora kugira ingaruka ku mibereho yabo n’ubukungu.

Micha-Rose Emmett, Umuyobozi Mukuru wa CS Global Partners, yagize ati: “Raporo ya 2025 yerekanye ko Isi iri guhindura icyerekezo; umutekano, haba uw’umubiri cyangwa uw’imari, ni ryo shingiro ryo kuzigama no kubaka umurage w’igihe kirekire. Ibihugu bifite ubuyobozi bukomeye kandi bishobora gutanga umutekano nyawo, ni byo biri guhabwa icyizere n’abantu b’ingenzi ku Isi.”

Ku mugabane wa Afurika, iyi raporo ni isomo rikomeye ryerekana ko hakenewe ingamba zihamye zo guhashya ibyaha bikorerwa abaturage, kurwanya ruswa, kongera ituze rya politiki ndetse no guha agaciro umutekano w’imari n’uw’abantu ku giti cyabo.

Mu gihe ibihugu bikomeje guhatanira gukurura impano mpuzamahanga n’ishoramari, umutekano wagaragajwe nk’ingenzi mu guca amarenga y’agaciro k’igihugu no gutuma abashoramari bakomeza kugirira icyizere isoko ryacyo mu buryo bw’igihe kirekire.

Icyegeranyo gishya cyagaragaje ko Afurika ikiri inyuma mu bijyanye n’umutekano mu 2025

Leave a Reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

Who are you?

Amategeko n'amabwiriza birkurikizwa