Agahenge hagati ya Israel na Hezbollah katangiye kubahirizwa
Yanditswe: Wednesday 27, Nov 2024
Guhagarika imirwano hagati ya Israel n’umutwe w’abarwanyi bo muri Libani wa Hezbollah byatangiye gukurikizwa ku mugaragaro guhera saa kumi za mugitondo (0200 GMT) ku isaha yaho.
Niba ayo masezerano azakomeza, azarangiza intambara imaze umwaka urenga hagati ya Israel na Hezbollah, yatumye abantu ibihumbi icumi muri Israel ndetse n’ibihumbi magana muri Libani bahunga ingo zabo.
Impande zombi zagiye zirasanaho kuva ku itariki ya 8 Ukwakira 2023, nyuma y’umunsi umwe Hamas igabye ibitero by’iterabwoba ku majyepfo ya Israel.
Hezbollah yavuze ko ibitero byambukiranya imipaka kuri Israel bigamije gushyigikira umufatanyabikorwa wo muri Palestine, Hamas.
Mu mezi ashize imirwano hagati ya Israel na Hezbollah yarushijeho kwiyongera nk’uko iyi nkuru dukesha DW ikomeza ivuga.
Muri Nzeri, Israel yakajije umurego mu bikorwa byo gutera ibisasu maze igaba igitero ku butaka mu rwego rwo kwegeza abarwanyi ba Hezbollah kure y’umupaka wayo na Liban.
Hezbollah ishyigikiwe na Irani ifatwa nk’umutwe w’iterabwoba na Amerika, u Budage ndetse n’ibindi bihugu byinshi.

Leave a Reply
Your email address will not be published. Required fields are marked *