Akanama k’Umuryango w’Abibumbye gashinzwe umutekano kuri uyu wa 18 Nzeri 2025 karatora umwanzuro usaba ingabo za Israel n’umutwe witwaje intwaro wa Hamas guhagarika imirwano mu ntara ya Gaza muri Palestine.
Uyu mwanzuro ugiye gutorwa nyuma y’aho tariki ya 16 Nzeri, impuguke zashyizweho n’akanama ka Loni gashinzwe uburenganzira bw’ikiremwamuntu, zigaragaje ko ingabo za Israel ziri gukorera jenoside muri Gaza.
Iki kirego gishingiye ku bitero ingabo za Israel zatangiye kugaba muri Gaza mu Ukwakira 2023, zihorera kuri Hamas yari imaze kwica Abisirayeli 1100 no gufata bugwate abandi barenga 250.
Minisiteri y’Ubuzima yo muri Gaza isobanura ko kuva icyo gihe kugeza tariki ya 17 Nzeri 2025, abantu barenga ibihumbi 65.000 bapfiriye muri iyi ntara, abandi bakabakaba miliyoni ebyiri bakaba barahunze.
Muri Kamena, na bwo aka kanama kagizwe n’ibihugu 15 kagerageje gutora umwanzuro usaba ko imirwano ihagarara muri Gaza ako kanya, ariko Leta Zunze Ubumwe za Amerika zakoresheje ububasha zifite, ziwutesha agaciro.
Umudipolomate umwe mu bihugu by’i Burayi yagaragaje ko icyo gihe Amerika yatengushye ibindi bihugu, ariko ko bazakomeza kugerageza kugira ngo batabare ubuzima bw’abaturage bo muri Gaza.
Uretse guhagarika imirwano aka kanya, umushinga w’uyu mwanzuro usaba ko inzira zinyuzwamo imfashanyo zifungurwa, kandi imbohe zose zikarekurwa bwangu, nta mananiza.
Ingabo za Israel zigiye kumara imyaka ibiri zigaba ibitero muri Gaza ubudatuza
Ibihugu bigize akanama ka Loni gashinzwe umutekano biratora umwanzuro usaba ko imirwano ihagarara muri Gaza


Leave a Reply
Your email address will not be published. Required fields are marked *